Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho u Rwanda Rugeze Rubikesha Abanyarwanda- Makolo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Aho u Rwanda Rugeze Rubikesha Abanyarwanda- Makolo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2023 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Yolande Makolo uvugira Guverinoma y’u Rwanda avuga ko ababona aho u Rwanda rugeze mu iterambere batagomba kugira undi bakeka rubikesha utari Abanyarwanda ubwabo.

Yabibwiye Channel Africa mu kiganiro yayigejejeho mu masaha make ashize.

Makolo  avuga ko urugendo rw’imyaka ikabakaba 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, rwabaye rurerure ariko ruba urugendo Abanyarwanda bose bifatanyijemo.

Yagize ati: “ Ni urugendo rwaranzwe n’ibintu byinshi, byari bikomeye ariko Abanyarwanda bose hamwe barakoze cyane kugira ngo bageze iki gihugu aho kiri uyu munsi. Akazi ntabwo kararangira, urugendo rurakomeje ariko navuga ko iki gihugu n’abaturage bacyo ubu tumeze neza kurenza ikindi gihe icyo ari cyo cyose mu mateka yacu.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uko kumera neza avuga ko gushingiye ku iterambere Abanyarwanda bagezeho binyuze mu gufatana urunana bagakora.

Icyakora ngo ibi ntibyagezweho hatabayeho imbogamizi, ariko Abanyarwanda bamaze kugira ubumenyi n’ubushobozi bubemerera guhangana n’ibyo bibazo.

Ati: “Dufite icyizere gikomeye cy’ejo hazaza, muri buri rwego dufite ubushobozi burenze ubwo twigeze kugira. N’ubwo uko tugenda dutera imbere ari nako imbogamizi zirushaho kuba nyinshi ariko dufite ubumenyi n’ubushobozi bwo guhangana nabyo ndetse tugakora ibishoboka byose mu kubikemura.”

Makolo kandi yavuze ko abavuga ko Perezida Paul Kagame ari umunyagitugu bibeshya kuko afite ibikorwa byinshi byiza byivugira kandi akaba ari umuyobozi mwiza ukora ibifitiye abaturage be akamaro.

Yolande Makolo yemeza ko icy’ingenzi ari uko Abanyarwanda benshi bashyigikiye Guverinoma iriho.

- Advertisement -

Kuba hari abatayishyigikiye ngo si igitangaza cyangwa atari umwihariko ku Rwanda kuko n’ahandi bibayo.

Yunzemo ati: “ Haba ku rwego rwo hasi aho dutuye ndetse no ku rwego rw’igihugu,  nta gihugu gishobora kuba nta makemwa, nta hantu abaturage bashobora kuba nta makemwa ariko iryo ni ihame ry’ubuzima aho ari ho hose ku Isi, ariko igihe igice kinini cy’abaturage turi kumwe ndetse tukaba turi gukora ku mishinga itandukanye kandi dufite politike ikwiriye, aho abantu bagira uruhare mu bikorwa tuzakomeza urugendo dukora ibikwiye gukorwa.”

Atanga ikimenyetso cy’uko kuba Guverinoma y’u Rwanda ishyigikiwe n’umubare munini w’Abanyarwanda  bituma igihugu kigera kuri byinshi haba mu rwego rw’ubuzima, uburezi n’izindi.

Makolo yagaragaje ko kimwe mu bibazo u Rwanda ruhanganye nabyo uyu munsi, ari uko hari abantu batarasobanukirwa inzira rwahisemo ku buryo hari abumva nabi gahunda zarwo.

Ibi ngo bitanga umukoro kuri buri Munyarwanda wo gusobanurira abatabyumva impamvu z’ibyo u Rwanda rukora.

Ni nabyo bituma yishimira akazi ke.

Ati “Ni iby’agaciro kuri njye kuba mvugira Guverinoma. u Rwanda rufite inkuru yihariye yo kuvuga. Twishimira gusangiza abandi ubunararibonye bwacu no gusobanura ibintu abantu bamwe batumva cyangwa batazi, ariko ikindi cy’ingenzi twishimira ni ugukosora amakuru atari yo.  Ni ingenzi cyane kuko uyu munsi hari amakuru menshi atari yo kubera ko ibyabaye hano n’inzira twahisemo mu myaka isaga 30 ishize usanga hari abantu kubyumva bikomerera  cyangwa kwemera ibyabaye hano nabyo bikabagora.”

Avuga ko akazi ka mbere k’Umunyarwanda ari ugusobanura ibyo igihugu cye gikora, akabwira amahanga ko mbere na mbere rubikorera abarutuye hanyuma rukabikorera n’abandi ku isi hose .

Byose ngo Abanyarwanda babigejejweho n’inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bihitiyemo.

Mu 2021, ibyavuye mu bushashatsi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge [NURC] byerekanye ko ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda bumaze kugera ku  ntambwe ishimishije.

Icyo gihe yari igeze kuri (94.7%) ,ivuye kuri 92.5% mu mwaka wa 2015, mu gihe mu mwaka wa 2010 yari kuri 82.3%.

Mu gupima ubwiyunge bw’Abanyarwanda hashingirwa ku nkingi esheshatu zirimo gusobanukirwa amateka, iby’ubu, no gutekereza ejo hazaza h’u Rwanda aho ubushakashatsi bugaragaza ko iyi nkingi iri ku gipimo cya 94.6%.

Hari  inkingi ya Ndi Umunyarwanda aho Abanyarwanda bemera Ubwenegihugu, Ibiranga umuntu n’inshingano ze, aho biri kuri 98.6% n’ibindi.

TAGGED:AmahangafeaturedJenosideKagameMakoloRwandaUbumweUbwiyunge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Ababyeyi Basabwe Kuzarinda Abana Amashusho Y’Urukozasoni
Next Article Netanyahu Yajyanywe Mu Bitaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?