Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel Yatangije Murandasi Ya 4G Ikora Mu Rwanda Hose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Airtel Yatangije Murandasi Ya 4G Ikora Mu Rwanda Hose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2024 8:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye na Minisiteri ya ICT na Inovasiyo, Airtel Rwanda yatangije murandasi y’igisekuru cya kane bita 4G ikora aho uyifite yaba ari hose mu Rwanda. Izakora mu Rwanda hose ku kigero cya 95% kandi mu myaka ibiri izaba iri ku 100%.

Imikorere yayo yatangarijwe mu kiganiro iki kigo cy’ubucuruzi bwa serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga cyagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri taliki 19, Ugushyingo, 2024.

Emmanuel Hammez uyobora iki kigo yavuze ko basanze gukwirakwiza ubu bwoko bwa murandasi hirya no hino mu Rwanda bizafasha mu iterambere ubuyobozi bw’iki gihugu bwiyemeje kugeza ku baturage.

Yagize ati: “ Uyu ni umwanya mwiza Airtel Rwanda ibonye wo kubwira abafatabuguzi bayo ko itangije murandasi ikora mu gihugu hose kandi ikaba yafasha abayikoresha guhamagarana mu buryo bubangutse kandi budahenze”.

Uko ni uguhamagarana gukoresha murandasi ku mbuga nkoranyambaga nka WhatsApp n’izindi.

Bizakora binyuze mu buryo bise Voice Over 4G (VoLTE).

Ku byerekeye imikorere ya murandasi,  Hammez avuga ko iri koranabuhanga rizakorera mu gihugu hose ku kigero cya 95%, akemeza ko buri Munyarwanda ukoresha umurongo wa Airtel Rwanda azungukirwa no kuyikoresha.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo Iradukunda Yves yashimiye Airtel Rwanda ko ikomeje gufasha Leta mu ntego zayo zo guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho.

Avuga ko kuba yatangije iriya murandasi bizazamura umubare w’abakoresha murandasi mu Rwanda kandi ikazaba idahenze cyane.

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda bwishimiye kandi umwaka ushize butangije uburyo bwo korohereza abaturage gutunga telefoni z’ikoranabuhanga( smartphones) ku giciro gito.

Izo telefoni zigura Frw 20,000 zitangiye guhabwa abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu mwaka wa 2023, kuzitanga bitangirira mu Karere ka Rubavu, hari mu mpera z’uyu mwaka.

Zatanzwe muri gahunda Airtel Rwanda yafatanyije na Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yiswe Connect Rwanda.

TAGGED:AirtelfeaturedIkoranabuhangaMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Impunzi Z’i Goma Zugarijwe N’Indwara Ya Macinya
Next Article Ukekwaho Kwica Umukecuru W’i Ngoma Akamuca Umutwe Yafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?