Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame avuga ko kugira ngo akazi kazagende neza mu bihe biri imbere bizasaba ko abakozi bakoresha ubumenyi bugezweho ariko bwunganiwe n’ikoranabuhanga. Yemeza  ko ikoranabuhanga ari ryo rizagena imibereho y’ahazaza.

Kagame yabivugiye mu nama yamuhuje n’abayobozi ba Smart Africa, iyi nama ikaba yarakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yari inama ya cyenda yitwa Smart Board Meeting.

Mu ijambo rye,  Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu bintu byerekanye akamaro k’ikoranabuhanga mu bihe bigoye ari uburyo ryafashije mu gihe Isi yari yugarijwe cyane na COVID-19.

Yagize ati: “ Icyorezo COVID-19 cyeretse abatuye Isi ko gukoresha murandasi bitagombye gufatwa nk’ubusirimu gusa ahubwo ko ari ari ikintu dukeneye mu buzima.”

Perezida Kagame yavuze ko murandasi yagize akamaro cyane mu byerekeye ubuzima n’uburezi kandi ko bizakomeza bityo.

Avuga ko Afurika igomba gukora uko ishoboye ntizasubire inyuma mu ikoranabuhanga.

Yemeza ko kudasubira inyuma cyangwa ngo Afurika itakare mu ikoranabuhanga ari intego ya Smart Africa.

SMART Africa  ni umugambi wiyemejwe n’Abakuru b’Ibihugu by’Afurika mu rwego rwo kuzamura ikoranabuhanga mu baturage babo.

Ikoranabuhanga rifatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye z’iterambere iryo ariryo ryose.

Abakuru b’ibihugu by’Afurika biyemeje gutuma uyu mugabane udasigara inyuma mu ikoranabuhanga, bigakorwa binyuze mu kugabanya ikiguzi cya murandasi no kugeza ku baturage ibikoresho byifashishwa mu ikoranabuhanga mu itumanaho.

Smart Africa yatangijwe muri 2013, itangizwa n’ibihugu birindwi ari byo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo, Mali, Gabon na  Burkina Faso.

Abitabiriye Inteko nyobozi ya Smart Africa
TAGGED:AfricafeaturedIkoranabuhangaKagameMurandasiSmart
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden yahisemo Umwirabura kugira ngo ayobore ingabo za USA
Next Article Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?