Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame avuga ko kugira ngo akazi kazagende neza mu bihe biri imbere bizasaba ko abakozi bakoresha ubumenyi bugezweho ariko bwunganiwe n’ikoranabuhanga. Yemeza  ko ikoranabuhanga ari ryo rizagena imibereho y’ahazaza.

Kagame yabivugiye mu nama yamuhuje n’abayobozi ba Smart Africa, iyi nama ikaba yarakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yari inama ya cyenda yitwa Smart Board Meeting.

Mu ijambo rye,  Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu bintu byerekanye akamaro k’ikoranabuhanga mu bihe bigoye ari uburyo ryafashije mu gihe Isi yari yugarijwe cyane na COVID-19.

Yagize ati: “ Icyorezo COVID-19 cyeretse abatuye Isi ko gukoresha murandasi bitagombye gufatwa nk’ubusirimu gusa ahubwo ko ari ari ikintu dukeneye mu buzima.”

Perezida Kagame yavuze ko murandasi yagize akamaro cyane mu byerekeye ubuzima n’uburezi kandi ko bizakomeza bityo.

Avuga ko Afurika igomba gukora uko ishoboye ntizasubire inyuma mu ikoranabuhanga.

Yemeza ko kudasubira inyuma cyangwa ngo Afurika itakare mu ikoranabuhanga ari intego ya Smart Africa.

SMART Africa  ni umugambi wiyemejwe n’Abakuru b’Ibihugu by’Afurika mu rwego rwo kuzamura ikoranabuhanga mu baturage babo.

Ikoranabuhanga rifatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye z’iterambere iryo ariryo ryose.

Abakuru b’ibihugu by’Afurika biyemeje gutuma uyu mugabane udasigara inyuma mu ikoranabuhanga, bigakorwa binyuze mu kugabanya ikiguzi cya murandasi no kugeza ku baturage ibikoresho byifashishwa mu ikoranabuhanga mu itumanaho.

Smart Africa yatangijwe muri 2013, itangizwa n’ibihugu birindwi ari byo u Rwanda, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo, Mali, Gabon na  Burkina Faso.

Abitabiriye Inteko nyobozi ya Smart Africa
TAGGED:AfricafeaturedIkoranabuhangaKagameMurandasiSmart
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden yahisemo Umwirabura kugira ngo ayobore ingabo za USA
Next Article Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?