Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Al Shabaab Iri Kwigarurira Uduce Twa Somalia Twinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Al Shabaab Iri Kwigarurira Uduce Twa Somalia Twinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2021 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko ingabo za Uganda zivuye mu gace ka Marianguwaay hafi y’ahitwa Lower Shebelle muri Somalia, bakahasigira ubutegetsi bw’i Mogadishu, abarwanyi ba Al Shabaab bahise bahigarurira.

Umuhango wo guhererekanya buriya burenganzira wari uyobowe na Brig Gen Don Nabasa wahaye Bwana Abdkadir Murshid Sidi uburenganzira bwo gusigara yita ku mutekano n’imibereho myiza y’abatuye kariya gace ayoboye.

Ubwo ziriya ngabo zavaga muri kariya gace, byahaye urwaho abarwanyi ba Al Shabaab bahita bahigarurira.

Uku kuhafata byatumye abantu bibaza niba abasirikare ba Somalia mu by’ukuri bafite ubushobozi bwo kurinda agace runaka k’igihugu cyabo kandi mu buryo burambye.

Abatuye muri uriya mujyi bavuga ko ubwo ingabo za Uganda zari zikihashingura ibirenge, abarwanyi ba Al Shabaab bahise bahigarurira, bahashinga amabendera yabo yirabura.

Guverineri w’iriya Ntara witwa Sidi anenga ingabo za Somalia ko zatinze kuhagera, bigatuma abarwanyi ba Al Shabaab bashinga ibirindiro.

Ibirindiro bya Marianguwaay Forward Operating Base byashinzwe mu mwaka wa 2014 hagamijwe gufasha abaturage gukora urujya n’uruza bava  Barawe na Marka berekeza i Low Shabelle.

Guverineri w’iyi Ntara Abdikadir Murshid Sidi avuga ko  mu gihe cyose  abasirikare ba AMISOM bakoreraga muri kariya gace, amahoro yari yose, bakaba barakurikiranaga ibyaberaga muri kariya gace byose kandi ngo hari umutuzo.

TAGGED:AbasirikarefeaturedGuverineriIngaboShabaabSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamwe Mu Rubyiruko Rw’U Rwanda Banengwa Kutumva Inama Z’Abakuru
Next Article Izindi Hoteli Na Resitora Zashyizwe Mu Zakira Abipimishije COVID-19 Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?