Amafoto: Abatalibani Bari ‘Kubyina Intsinzi’ Muri Afghanistan

Muri Afghanistan ingoma ziri hafi guhindura imirishyo! Abatalibani bakomeje kotsa igitutu ingabo za Leta, nazo zakumva ko bari hafi aho zikayabangira ingata. Hari amafoto yasohotse yerekena uko Abatalibani bari kwishimira intsinzi, ndetse n’uko ubuzima bwifashe hamwe muri kiriya gihugu.

Ibitero by’Abatalibani byatangiye aho bamariye kumva ko ingabo z’Amerika zigiye gutaha iwabo.

Bamaze kwigarurira ahantu henshi bakoresheje AK 47

Si iz’Amerika gusa ziri gutaha kuko n’iz’Abongereza nazo zazinze ibyazo zirataha.

Muri iyi minsi  Amerika n’u Bwongereza byasabye abaturage babyo baba muri Afghanistan  gutaha kandi bakabikora vuba na bwangu badategereje ko indege zoherejwe na Washington cyangwa Londres ari zo ziza kubatwara.

- Advertisement -

Abatalibani bamaze kwigarurira kimwe cya gatatu cya Afghanistan kandi bafite umuvuduko munini mu bitero byabo.

Imwe mu mijyi ikomeye bigaruriye harimo uwa Kandahar na Herat ndetse na Helmand

Barakataje k’uburyo kuri uyu wa Kane tariki 12, Kanama, 2021 bafashe ikicaro cya Polisi mu mujyi wa Herat, bahita bahashinga ibendera ryabo.

Bamwe mu basirikare ba Afghanistan barangije kumanika amaboko bemera ko batsinzwe n’Abatalibani.

Amakuru ataremezwa n’uruhande rudafite aho rubogamiye, avuga ko hari inyandiko ubutegetsi bw’i Kabul bwagejeje ku Batalibani bubasaba ko bakwicarana bakagirana ibiganiro.

Aho bafashe bahashyira ibendera
Ababyeyi bifashe impungenge
Hari imijyi myinshi bamaze kwigarurira
Guhunga biri gukorwa henshi muri kiriya gihugu
Bari kubyina intsinzi
Bamaze kwigarurira 1/3 cy’iki gihugu
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version