Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Kagame Nawe Yasuye Congo Kinshasa Areba Ibyo Nyiragongo Yakoreye Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amafoto: Kagame Nawe Yasuye Congo Kinshasa Areba Ibyo Nyiragongo Yakoreye Goma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2021 2:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo  Felix Tshisekedi ajya kumwereka ubukana bw’umutingiro n’amahindure byarutswe na Nyiragongo bikangiza Umujyi wa Goma.

Uru ruzinduko Perezida Kagame arukoze nyuma y’uko kuri uyu wa  tariki 25, Kamena, 2021 mugenzi we Tshisekedi yawe yari yaje i Rubavu kureba uko kiriya kirunga cyangije ibikorwa remezo by’igihugu cy’abaturanyi ari cyo u Rwanda.

Yeretswe imihanda yasatuwe n’imitingito, inzu zasenyutse n’ibindi bikorwa remezo byangiritse.

Mu zindi ngingo baganiriyeho harimo umutekano hagati y’ibihugu byombi.

Kugeza ubu hari imitwe yitwaje intwaro ibangamiye umutekano w’ibi bihugu, ikorera mu burasirazuba bwa RDC.

Mu biganirwaho kandi harimo ibijyanye no kongerera imbaraga ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, n’uburyo bushobora gukoreshwa mu ishoramari rihuriweho.

Perezida Tshisekedi amaze iminsi mu ruzinduko i Goma, bityo kuba yahura na mugenzi we w’u Rwanda bikaba ari ikintu kiza kandi kitagorana.

Ikindi ni uko nk’Abakuru b’ibihugu by’Afurika, iyo bahuye batabura kuganira ku bibazo byugarije uyu muryango( Tshisekedi niwe uwuyobora) kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ngo bikemuke.

Uretse ibibazo by’umutekano biri hirya no hino( Mozambique, Mali, Tchad…) hari n’ikibazo cy’aho umushinga wo kubaka inganda z’urukingo rwa COVID-19 muri  Afurika ugeze ushyirwa mu bikorwa.

Hagati aho Abakuru b’ibihugu byombi bari bugirane ikiganiro n’abanyamakuru.

Tshisekedi yaje kwakira mugenzi we uyobora u Rwanda, Paul Kagame
Basuhuzanyije amuha ikaze mu gihugu cye
Yagiye kumwereka uko Nyiragongo yagize abatuye Goma
TAGGED:AbanyamakuruCongofeaturedIkirungaKagameNyiragongoRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kimwe Mu Bikoraho ‘Abagabo Bakomeye’ Ni Abagore B’Abandi
Next Article NKURUNZIZA Cup: Shampiyona Nshya Mu Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?