Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Car Free Day
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho

Amafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Car Free Day

admin
Last updated: 21 November 2021 2:04 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru yitabiriye siporo rusange y’umunsi umenyerewe nka Car Free Day, aho imihanda imwe n’imwe iba yahariwe abanyamaguru cyangwa abakoresha amagare gusa.

Ni siporo iba kabiri mu kwezi hagamijwe gufasha abantu kugorora umubiri no kwirinda indwara zitandura. Inajyanye no na gahunda yo kugabanya imyotsi ihumanya ikirere isohorwa n’ibinyabiziga, hagamijwe kubaka Kigali itoshye.

Perezida Kagame yakoze siporo agenda n’amaguru, ava iwe mu Kiyovu agera aharimo kubakwa ibikorwa remezo bijyanye n’umushinga wiswe Imbuga City Walk, ahazwi nka car free zone mu Mujyi wa Kigali rwagati.

Ni ahantu hashyizwe intebe abantu bashobora kwicaraho baganira, hanashyizwe internet nziramugozi abantu bashobora kwifashisha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amafoto yashyizwe ahagaragara n’Ibiro by’Umukuru w’igihugu agaragaza Perezida Kagame ari muri siporo hamwe na Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa.

Yagize umwanya wo kwitegereza imirimo yo gutunganya Imbuga City Walk ndetse anasuhuza abaturage.

Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ko yishimiye kwitabira siporo rusange nyuma y’amezi menshi y’amabwiriza yo gukumira COVID-19. Yijeje ko n’iy’ubutaha azayitabira.

It was liberating to join #CarFreeDay today and walk the streets of Kigali after so many months of #COVID19 restrictions. See you all at the next #CarFreeDay! pic.twitter.com/aPkEp2sqNl

— Paul Kagame (@PaulKagame) November 21, 2021

Iyi siporo iba hagati ya saa moya za mu gitondo na saa yine, kandi muri ibi bihe ikaba hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 .

- Advertisement -
Perezida Kagame ubwo yajyaga muri siporo ya Car Free Day
Yageze no mu Imbuga City Walk ari kumwe na Minisitiri Munyangaju na Meya Rubingisa
Yirebeye bimwe mu bikorwa remezo birimo kubakwa ahahoze hitwa Car Free Zone
Kuri Car Free Day hari abakora siporo zo kunyonga igare
Iyi siporo iritabirwa cyane nyuma yo gusubukurwa

TAGGED:Car Free DayfeaturedMunyangaju Aurore MimosaPaul KagamePudence RubingisaSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashinwa Umunani Bashimutiwe Muri RDC
Next Article Ubuzima Yakuriyemo Bwatumye Abwandikaho Igitabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?