Amafoto: Uko Byari Byifashe Ahabereye Umuganda Ku Rwego Rw’Umujyi Wa Kigali

Mu Turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu taliki 04, Kamena, 2022 abaturage baramukiye mu muganda.

Ni umuganda wasimbuye uwari bukorwe taliki 28, Gicurasi, 2022 ariko urasubikwa.

Kuri iyo taliki nibwo habaye umukino wa nyuma wa Shampiyona y’Afurika ya Basketball.

Uyu mukino wa nyuma kimwe n’indi yakinwe mbere yawo, yabereye muri BK Arena.

- Advertisement -

Iyi yahoze yitwa Kigali Arena mbere y’uko Banki ya Kigali igura izina ‘Kigali’ ryahoze kuri Kigali Arena, ikarigura Miliyari Frw 6 mu gihe cy’imyaka itandatu.

Ku byerekeye umuganda wakozwe kuri uyu wa Gatandatu, abaturage basibuye imiferege hafi y’aho batuye, batunganya ubusitani babukuramo amashashi cyangwa ibindi bikoresho bibangamiye ibidukikije.

Mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo, Akagari ka Rugarama, Umudugudu wa Kiberinka abaturage bafatanyije mu gusana inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.

Ni igikorwa kitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda ndetse na Polisi baje kubatera ingabo mu bitugu.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imiturire Mérard Mpabwanamaguru niwe wari umushyitsi mukuru muri uyu muganda.

Hari gahunda y’uko bazasaba  inzu  24 zituwemo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 zubatswe mu guhera mu mwaka wa 1998, inkuta zazo zikaba zarasenyutse kubera igihe zimaze.

Ni umudugudu watangijwe  wubakirwa imfubyi za Jenoside zibanaga

Abakozi bo muri Ambasade ya Maroc mu Rwanda ndetse na Ambasaderi wayo nabo bawitabiriye.

Merald Mpabwanamaguru mu muganda wabereye i Nyamirambo
Umuganda ni igikorwa cy’Abanyarwanda bose
Buri wese akoresha imbaraga afite mu kubaka u Rwanda
Basannye umudugudu w’ababyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Ingabo z’u Rwanda zaje gutenga umusanzu mu gusana ziriya nzu

Amafoto: RBA

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version