Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Uko Imbogo Zasagariye Abaturage B’i Burera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto: Uko Imbogo Zasagariye Abaturage B’i Burera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Icyonderwa: Amafoto muri iyi nkuru ashobora kugira abo abangamira!

Iyi nkuru igendanye n’umutekano iri mu ziriwe zivugwa guhera kuri uyu wa Gatandatu n’ubu ikaba ikiri mu makuru.  Ni iy’imbogo zirindwi zavuye muri Pariki y’Ibirunga zisagarira abatuye Umurenge wa Rugarama n’uwa Gahunga mu Karere ka Burera.

Izi nyamaswa zasagariye abatuye Gahunga na Rugarama muri Burera

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru taliki 19, Gicurasi, 2-24 amakuru yageraga kuri Taarifa yavugaga ko hari imbogo ebyiri zitari zabonetse, ubwoba bw’uko hari abo zagirira nabi bukaba bwari bukiri mu baturage.

Hagati aho twamenye imyirondoro y’abo zakomerekeje.

Abo ni Izabayo Désiré w’imyaka  25 y’amavuko, Nirembere Jean Damascène w’imyaka 36, Nsengiyumva w’imyaka 26, Dusabimana Jacques w’imyaka 35, Ntakirutimana Eric w’imyaka 21 na Uwayisenga Placide w’imyaka 18 y’amavuko.

Amafoto Taarifa ifite arerekana intumbi z’imbogo zarashwe kugira ngo zidakomeza kugirira nabi Abanyarwanda ariko akanerekana bamwe mu baturage zakomerekeje mu bice bitandukanye by’umubiri.

Bamwe zabateye ihembe mu mbavu, abandi mu matako, hari n’abo zaribase zibasiga ari intere.

Ntituramenya niba muri abo hari abitabye Imana gusa benshi muri bo bajyanywe kwa muganga.

Mu gutabarana, abaturage bakoresheje ingombi bajyana bagenzi babo ku bigo nderabuzima biri hafi aho kugira ngo bavurwe.

Nyuma yo kubasuzuma, bamwe boherejwe ku bitaro bikuru bya Ruhengeri ngo bafashwe.

Izi mbogo zaje ziturutse muri Pariki y’Ibirunga
Kubera ko ari inyamaswa z’inkazi zaje mu baturage icyakozwe byihutirwa ni ukuzica
Abaturage bahetse bagenzi babo mu ngobyi babajyana kwa muganga
Uyu we yazahaye kuko imbogo yamuteye ihembe munsi y’agatuza ku gice gituriye umwijima
Uyu imbogo yamushise ihembe mu itako
TAGGED:AbaturageBurerafeaturedIbitaroImbogo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Guhisha Amakuru Y’Abahohotewe Biracyari Ikibazo
Next Article DRC: Hageragejwe Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?