Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Uko Imbogo Zasagariye Abaturage B’i Burera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto: Uko Imbogo Zasagariye Abaturage B’i Burera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Icyonderwa: Amafoto muri iyi nkuru ashobora kugira abo abangamira!

Iyi nkuru igendanye n’umutekano iri mu ziriwe zivugwa guhera kuri uyu wa Gatandatu n’ubu ikaba ikiri mu makuru.  Ni iy’imbogo zirindwi zavuye muri Pariki y’Ibirunga zisagarira abatuye Umurenge wa Rugarama n’uwa Gahunga mu Karere ka Burera.

Izi nyamaswa zasagariye abatuye Gahunga na Rugarama muri Burera

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru taliki 19, Gicurasi, 2-24 amakuru yageraga kuri Taarifa yavugaga ko hari imbogo ebyiri zitari zabonetse, ubwoba bw’uko hari abo zagirira nabi bukaba bwari bukiri mu baturage.

Hagati aho twamenye imyirondoro y’abo zakomerekeje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo ni Izabayo Désiré w’imyaka  25 y’amavuko, Nirembere Jean Damascène w’imyaka 36, Nsengiyumva w’imyaka 26, Dusabimana Jacques w’imyaka 35, Ntakirutimana Eric w’imyaka 21 na Uwayisenga Placide w’imyaka 18 y’amavuko.

Amafoto Taarifa ifite arerekana intumbi z’imbogo zarashwe kugira ngo zidakomeza kugirira nabi Abanyarwanda ariko akanerekana bamwe mu baturage zakomerekeje mu bice bitandukanye by’umubiri.

Bamwe zabateye ihembe mu mbavu, abandi mu matako, hari n’abo zaribase zibasiga ari intere.

Ntituramenya niba muri abo hari abitabye Imana gusa benshi muri bo bajyanywe kwa muganga.

Mu gutabarana, abaturage bakoresheje ingombi bajyana bagenzi babo ku bigo nderabuzima biri hafi aho kugira ngo bavurwe.

- Advertisement -

Nyuma yo kubasuzuma, bamwe boherejwe ku bitaro bikuru bya Ruhengeri ngo bafashwe.

Izi mbogo zaje ziturutse muri Pariki y’Ibirunga
Kubera ko ari inyamaswa z’inkazi zaje mu baturage icyakozwe byihutirwa ni ukuzica
Abaturage bahetse bagenzi babo mu ngobyi babajyana kwa muganga
Uyu we yazahaye kuko imbogo yamuteye ihembe munsi y’agatuza ku gice gituriye umwijima
Uyu imbogo yamushise ihembe mu itako
TAGGED:AbaturageBurerafeaturedIbitaroImbogo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Guhisha Amakuru Y’Abahohotewe Biracyari Ikibazo
Next Article DRC: Hageragejwe Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?