Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto : Urubura Rwangije Imyaka Myinshi y’Abaturage i Rubavu, Impungenge Ni Zose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto : Urubura Rwangije Imyaka Myinshi y’Abaturage i Rubavu, Impungenge Ni Zose

admin
Last updated: 15 September 2021 5:33 pm
admin
Share
smart
SHARE

Abaturage bo mu Mirenge ya Busasamana na Bugeshi mu Karere ka Rubavu bafite impungenge nyinshi, nyuma y’imvura ivanze n’urubura yaguye mu cyumweru gishize ikangiza imyaka yabo myinshi.

Urwo rubura rwaguye mu ntangiro z’icyumweru gishize rwangiza cyane ibishyimbo byari bitangiye gufata ibiti n’ibyari bimaze kunaga amajosi, rurabicagagura.

Indi myaka yangijwe ni ibirayi, mu gihe ibigori nubwo amababi yabyo yacikaguritse, byo byari bimaze guheka naho ibindi byeze.

Baziyaka Alphonse  w’imyaka 66 wo mu Murenge wa Bugeshi, yabwiye Taarifa ko uru rubura rwahunganyije cyane ibikorwa byabo ku buryo hari ubwoba bw’inzara mu gihe kiri imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Uru rubura rwaraje rufata imyaka yose, ibishyimbo bimwe byari birimo kumera byose rubishyira hasi, byaduteye inzara kuko twagombaga kuzasarura.”

Undi mukecuru wo muri uyu murenge we yavuze ko urubura rwaguye ari rwinshi, ku buryo ngo ibyabaye yabiherukaga ari umukobwa. Ubu afite imyaka 75.

Uretse imyaka yangiritse, hari n’ibisenge by’inzu byagurutse. Ntabwo ibyangijwe byose birarangiza kubarurwa.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe Imibereho myiza, Ishimwe Pacifique, yavuze ko nyuma y’urubura rwaguye mu mirenge ya Busasamana na Bugeshi, bateganya gufasha abaturage kuva muri ibi bihe.

Yagize ati “Ni ibisanzwe, yaba ari imyaka, yaba ari ibisenge byagurutse, ni ibintu turimo dutegura kubagoboka, imyaka yo birumvikana bazahabwa imbuto kuko barahombye mu by’ukuri, ubona ko imyaka yari irimo nta kigaragara ko bazagira icyo bakuramo.”

- Advertisement -

“Birumvikana ko hazabaho uburyo bwo gufasha kugira ngo babone indi mbuto batere, nubwo wenda bizaba bibaye nyuma y’abandi, ni uko nguko tubiteganya.”

Akarere ka Rubavu kakunze kwibasirwa n’ibiza bishingiye ku mvura nyinshi yagwaga ikuzuza umugezi wa Sebeya, kimwe n’imiyaga iva mu birunga, yakunze kwibasira imirenge ya Cyanzarwe na Mudende.

Mu minsi ishize aka karere kanibasiwe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yasenye inzu nyinshi, izindi zikangirika.

 

Ibi bishyimbo byari bitangiye gukura none urubura rwarabicagaguye
Uyu murima warimo ibishyimbo bifashe ku biti basaruyeho ibigori, ariko ntiwamenya ko byahigeze
Ibirayi nabyo byangijwe cyane n’urubura
Ibishyimbo byari bimaze gufata ibiti, urubura rubishyira hasi
Imvura irimo urubura yaguye mu cyumweru gishize hari ubwoba ko izasiga inzara muri Rubavu
Abahinzi bari bafite icyizere cy’umusaruro none ubu basabwa kongera guhinga bundi bushya
Amahirwe ni uko urubura rwasanze ibigori byinshi byaramaze guheka, naho ubundi nabyo ntibyorohewe
TAGGED:featuredIbigoriIbishyimboInzaraRubavuUrubura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bafitanye Ikibazo N’Ubutabera Bashyiriweho Icyumba Kibafasha
Next Article Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutse Kuri 20.6% Mu Gihembwe Cya Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?