Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushakashatsi bwatangajwe na BBC buvuga ko abantu bakora amasaha menshi bagira ibyago byo gupfa bazize guturika kw’imitsi yo mu bwonko cyangwa umutima ugahagarara.

Guhera muri 2016 kugeza ubu habaruwe abantu 745 000 kandi ngo imibare ntigabanuka cyane ndetse hari impungenge ko iziyongera muri ibi bihe Isi iri kuva mu ngaruka za COVID-19, igakora cyane ngo yongere itere imbere.

Abenshi mu babaruwe bahitanywe n’ingaruka zo gukora cyane ni abatuye Amajyepfo n’Abo mu Burengerazuba bw’Aziya.

Buriya bushakashatsi bwasanze abantu bakora amasaha agera cyangwa arenga 55 mu Cyumweru bagira ibyago bingana na 35%  byo guturika udutsi two mu bwonko ndetse n’ibyago bingana na 17% by’uko umutima wabo wahagarara.

Abahanga basanze abishwe n’akazi kenshi bari bafite imyaka irenze 45 y’amavuko kuzamura.

Kimwe mu byerekana ko ubuzima bw’abantu bakora amasaha menshi buri kuba bubi ni uko batangira kumva bababara ingingo zimwe na zimwe, harimo no mu gatuza.

Umukozi ushyira mu gaciro aba agomba kumenya ko abakozi be bagomba kugira igihe cyo kuruhuka kugira ngo bazamuhe umusaruro mwinshi kandi mu gihe kirambye.

Kumenya gukoresha neza igihe bituma umuntu atazakenera igihe cy’inyongera kandi bitari ngombwa

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima rivuga ko rifite impungenge z’uko muri ibi bihe isi iri kwivana mu ngaruka z’icyorezo COVID-19, abantu bazakora cyane kugira ngo bazahure ubukungu bwabo bigatuma umubare w’abahitanwa na ziriya ndwara twavuze haruguru wiyongera.

Iri shami ritangaza ko mbere y’uko COVID-19 yaduka abantu bakoraga amasaha menshi bageraga ku 9% by’abatuye isi.

OMS/ WHO itangaza ko abantu bakora amasaha menshi ari abakorera mu ngo kurusha abakorera ahantu hatari mu ngo zabo.

TAGGED:AKAZIAmasahafeaturedGuhitanaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Next Article Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?