Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasengesho Ngarukamwaka Yo Gusengera Igihugu Yasubitswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amasengesho Ngarukamwaka Yo Gusengera Igihugu Yasubitswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2021 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amasengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast yari ateganyijwe ku wa 9 Mutarama 2021 yasubitswe bitewe n’ubwandu bushya bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera.

Ni amasengesho ategurwa na Rwanda Leaders’ Fellowship muri Mutarama buri mwaka, akitabirwa n’abayobozi mu nzego za Leta, abikorera n’imiryango itari iya Leta, bagahuzwa ngo bashimire Imana ku byo yakoze mu mwaka uba urangiye no kuyiragiza umwaka mushya.

Umuyobozi wa Rwanda Leaders’ Fellowship, Eric Munyemana, yasohoye itangazo kuri uyu wa 29 Ukuboza 2021 avuga ko amasengesho yari ateganyijwe mu minsi mike iri imbere yasubitswe.

Ati “Mu izina rya Rwanda Leaders’ Fellowship, turamenyesha ko amasengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast yari ateganyijwe ku wa 9 Mutarama 2021asubitswe kubera ubwiyongere bw’icyorezo cya Covid-19. Tuzabamenyesha igihe tuzayasubukurira.”

Munyemana yavuze ko aboneyeho ko gusangiza abitabira uriya muhango isezerano ry’Imana ryanditswe mu Buhanuzi bwa Yeremiya.

Ubwo buhanuzi bugira buti: “”Nzi imigambi mbafitiye. Ni imigambi ibazanira amahoro, si ibakururira ibyago, ahubwo ni imigambi ibaha amizero y’igihe kizaza (Yeremiya 29:11)”

U Rwanda ruhanganye n’ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bwa COVID-19, aho kuri uyu wa Gatatu habonetse abanduye bashya 2083.

Igipimo cy’ubwandu bwabonetse ni 9.1% ugereranyije n’abapimwe.

Nibura mu minsi irindwi ishize habonetse abanduye bashya 6373.

TAGGED:AbayoboziAmasengeshofeaturedIgihuguRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abishyura Bakoresheje Amakarita Baraburirwa!
Next Article Turikiya Yatangiye Guha Abaturage Urukingo Rwa COVID Yikoreye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?