Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 8:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mao Zedong( 26, Ukuboza, 1893 – 9, Nzeri, 1976) wayoboye Ubushinwa yigeze kuvuga ko ‘amateka yandikishije amaraso n’icyuma’. N’ubwo n’ahandi henshi ku isi ariko biri, ariko reka turebe gato uko Ababiligi bagaraguje agati abaturage ba Congo-Mbiligi.

Mu Bubiligi hari inzu ndangamurage nini yerekana uko Ababiligi b’umwami Leopold II bafataga abaturage ba Congo.

Iyi nzu iherereye ahitwa Tervuren mu nkengero z’umurwa mukuru Brussels.

Hari abahanga mu mateka bavuga ko iriya nzu ndangamurage yerekanirwamo bimwe mu byaranze amateka bigaragaza ivangura rikomeye Abazungu bakoreye Abirabura mu bihe by’Ubukoloni.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abanyeshuri biga amateka mu mashuri yisumbuye( ndetse n’abo mu mashuri abanza) bakunze kujya kwerekwa ibibumbano, amashusho n’ibindi byerekana uko abaturage ba Congo basaga, uko bambaraga…muri make uko bafatwaga n’ababakolonizaga.

Ni amashusho akojeje isoni kuko harimo menshi agaragaza abantu bakuru ‘bambaye hafi ubusa buri buri’.

Nyuma yo kubona ko abantu benshi banenga ariya mashusho kubera uko agaragaza ivangura ryo ku rwego rwo hejuru, ubuyobozi bw’iriya nzu ndangamurange bwegereye abahanga b’Abanyafurika baba mu Bubiligi n’ahandi, biga uko ariya mashusho yahabwa indi sura.

Ubusanzwe, iriya ndangamurage yubatswe mu mwaka wa 1897, ubwo umwami Leopold II yubakaga inzu y’imurikagurisha ngo abandi Banyaburayi bajye baza barebe kandi bagure ibyo yakuraga muri Congo.

Si ibintu gusa byahamurikirwaga, ahubwo n’abantu( abagabo n’abagore) bazima bajyanwaga yo ku ngufu bagashyirwa mu duce wagereranya n’isibo izengurutswe na senyenge, Abazungu bakajya baza kubareba.

- Advertisement -

Kubona umwirabura byari kimwe mu bigize ubukerarugendo bw’Abazungu bo muri icyo gihe.

Kumurika Abirabura bwari uburyo umwami Leopold II yari yarahisemo bwo kwereka abandi ko bikwiye ko asirimura Abirabura kuko basaga nk’abakiba mu bihe bya kera cyane muntu agitunzwe no guhiga inyamaswa z’ishyamba  no gusoroma imbuto, ataratangira guhinga.

Gusirimuka kw’Abirabura kwagombaga kugendana no kubigisha Ubukirisitu.

Ibyo yari yarateganyije, byaje kumuhira kubera ko abashoramari bo mu gihugu cye n’ahandi i Burayi basanze ‘koko bikwiye’ ko Aburabura bigishwa iterambere rya ruzungu kandi bigakorwa binyuze mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Umwami Leopold II amaze kubona ko ibyo yategekerezaga bishimwe na rubanda, yahise atangiza uburyo buhamye bwo guhindura Congo akarima ke.

Umwami Leopold II

Amateka y’Ububiligi muri Congo ni mabi cyane k’uburyo Ububiligi buherutse gusimbuza bimwe mu byo bwamurikiraga mu nzu ndangamurage yabwo turi kuvugaho muri iyi nkuru.

Iyi nzu imaze imyaka 125 ishinzwe, ariko hashize imyaka itanu ivuguruwe.

Ibyari biyirimo byarekanaga Afurika ko ari umugabane w’injiji, abanyamwanda, abantu bateye nk’ibikoko n’ibindi byayihaga isura mbi.

Nyuma y’uko ivuguruwe, abayisura bariyongereye ariko hari abavuga ko hari ibindi byagombye kuvugururwa kuko bigisiga Abanyafurika icyasha.

Hari n’abadatinya kuvuga ko iriya nzu ikwiye gufungwa.

Umwe mu bayiyoboye witwa Gryseels avuga ko nta muntu ushobora guhindura amateka, ariko ko ibihe biri imbere byo byahabwa ubwiza bikwiye.

Uko niko aherutse kubwira BBC.

Ibibumbano byerekana Abirabura biberekana bambaye ubusa

Avuga ko ubwo yatangiraga kuyobora iriya nzu ndangamurage( hari mu mwaka wa 2001) ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko Ababiligi banganaga na 95% bemeraga ko ‘byari bikwiriye’ ko Abanyafurika bakolonizwa.

Icyakora mu mwaka wa 2022, ubundi bushakashatsi bwerekanye ko Ababiligi bangana na 35% ari bo babibona batyo.

N’ubwo kugeza ubu hari ibyakozwe ngo iriya nzu ndangamurage ivanwemo ibisuzuguza Afurika, ngo kugeza ubu hari ibyerekana ko ibitekerezo by’uko Afurika iciye bugufi bikiyigaragaramo.

Kuri rumwe mu nkuta zayo hari ahanditse ko Ububiligi ari bwo bwazaniye Congo amajyambere.

Muri bimwe mu bimuritswe muri iriya nzu harimo ikibumbano cyerekana umugabo wo muri Congo ari kurwana n’inzoka mu gihe ku rundi ruhande hari umusirikare w’Umubiligi afite imbunda yitwa machine gun.

Ikindi ni uko ibibumbano byose byerekana Abazungu biba bikozwe muri zahabu mu gihe ibyerekana Abirabura bikozwe mu ibumba risize ibara ry’umukara tsiriri!

Abanyeshuri basura iriya nzu ndangamurage bavuga ko hari ubwo ureba ibiyirimo ugashesha urumeza.

Umwe muri bo w’umukobwa avuga ko iyo aza kuba umwamikazi w’Ububiligi atari bukore nk’ibyo umwami Leopold II yakoze.

Kimwe mu bibazo abarimu b’amateka mu Bubiligi bahura nacyo ni ukuyigisha uko ari ariko utagize uwo ukomeretsa mu banyeshuri bakiri bato kandi barimo abakomoka no muri Afurika.

Abanyeshuri bajya kuhasura bahava bumiwe
TAGGED:AbabiligiAbazunguAbiraburaAmatekaCongofeaturedInzuLeopoldNdangamurageUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside
Next Article Sudani Y’Epfo: Abapolisi B’U Rwanda Barinda Inkambi Iherutsemo Ubwicanyi Baganirijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?