Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amb Dr Diane Gashumba Ashima Uruhare Suwede Igira Mu Burezi Bw’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amb Dr Diane Gashumba Ashima Uruhare Suwede Igira Mu Burezi Bw’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2022 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’u Rwanda muri Suwede Dr Diane Gashumba yahuye n’Umuyobozi w’Ikigega cya Suwede gishinzwe iterambere mpuzamahanga, Swedish International Development Agency ( Sida), ishami ry’Afurika witwa Ulf Källstig amubwira ko u Rwanda rwishimira ubufatanye buranga impande zombi.

Amb Dr Gashumba yavuze ko Suwede ari igihugu cyagize kandi kikigirira u Rwanda akamaro cyane cyane mu burezi.

Ku rukuta rwe rwa Twitter Dr  Diane Gashuma yanditse ko mu myaka 20 ishize Suwede yafashije u Rwanda guteza imbere uburezi kuko muri icyo gihe hari Abanyarwanda 100 bize muri kiriya gihugu bahakura impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu n’icy’impamyabumenyi cy’ikirenga(PhD) mu masomo atandukanye.

Amb. @dgashumba met with Sida Africa Director, @UKllstig and commended the partnership between 🇸🇪 🇷🇼 through @URSwedenProgram that has been ongoing for 20 years with nearly 100 masters and PhDs in various areas with impact on economic growth and development,capacity building. pic.twitter.com/q5XRdSuxzU

— Rwanda in Sweden 🇸🇪🇳🇴🇮🇸🇫🇮🇩🇰 (@RwandainSweden) January 12, 2022

Ikindi Dr Diane Gashumba ashima ni uko Suwede yafashije u Rwanda kubakira abakozi barwo ubushobozi mu bumenyi, mu bumenyi ngiro no mu kubona ibikoresho.

Mu mwaka wa 2019. Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano  na Suwede yo kurutera inkunga ya miliyari Frw 31.5 yagombaga gukoreshwa  mu gihe cy’imyaka itanu.

Intego yari iy’uko iriya nkunga yagombaga gukoreshwa mu guteza imbere ubushakashatsi bwa  Kaminuza y’u Rwanda.

Ikindi cyari kigamijwe cyari icyo kubaka ubushobozi bw’iyi Kaminuza hakongerwa ubumenyi cyane cyane ku  biga impamyabumenyi y’ikirenga.

Ulf Källstig

N’ubwo umwaka wakurikiyeho waje ari udatanga umusaruro kubera icyorezo COVID-19, ariko u Rwanda na Suwede biracyakorana mu kuzahura uburezi bw’u Rwanda bwahuye n’ingaruka za COVID-19 harimo no ‘gufunga amashuri igihe kirekire.’

Mbere y’umwaka wa 2019, Ambasade ya Suwede yandikiye  Kaminuza y’u Rwanda  iyisaba kuyishyikiriza ibitekerezo by’ibanze byaho yifuza kuba iri mu myaka icumi iri imbere mu rwego rw’ubushakashatsi.

Icyo gihe Suwede yifizaga gufasha u Rwanda kohereza muri kiriya gihugu abarimu barwo bifuzaga gukomeza amasomo ku rwego rwo hejuru rw’ubushakashatsi.

Icyo gihe Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere ryayo, Dr Muligande Charles yabwiye RBA ko  batanze imishinga mu nzego zitandukanye hagatoranwamo 17 ariyo yahawe inkunga.

Uwari Ambasaderi wa Sweden mu Rwanda Jenny Ohlsson( yasimbuwe na Johanna Teague) yavuze ko ubufatanye bw’ibihugu byombi  buzakomeza mu rwego rwo  kuzamura  ubumenyi  bushingiye ku bushakashatsi, ndetse n’iterambere ry’igihugu muri rusange.

Ubufatanye bwa Suwede n’u Rwanda mu rwego rw’uburezi bwatangiye mu mwaka wa 2002.

Mu mwaka wa 2019, abanyeshuli 67 b’ Abanyarwanda ni bo  bari barigiye muri Suwede amasomo mu rwego rwo hejuru rw’ubushakashatsi.

Icyo gihe 50 muri bo bari barahize hagati y’umwaka wa 2013 n’uwa 2019 .

Abandi 30 babonye ziriya mpumyabumenyi hagati ya’umwaka wa 2019 n’uwa 2021.

N’ubwo Suwede ifasha u Rwanda kuzamura ireme ry’uburezi, iri reme ntirirafatika.

Imwe mu mpamvu ikomeye ibitera ni imibereho ya mwarimu itaramushimisha bigatuma nawe umusaruro atanga uhura n’imbogamizi.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedGashumbaRwandaSuwedeUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yoherereje Ubutumwa Perezida W’u Burundi
Next Article Ubutaka Busaga Miliyoni 1.3 Ntibwanditse Kuri Ba Nyirabwo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?