Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Asaba Urubyiruko Rw’u Rwanda ‘Kutihutira’ Za Kaminuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ambasaderi Wa Israel Asaba Urubyiruko Rw’u Rwanda ‘Kutihutira’ Za Kaminuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2023 6:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr. Ron Adam yatangaje ko mu rwego rwo gufasha u Rwanda kuzagira urubyiruko rucangamutse mu mutwe, ari ngombwa ko abarangiza amashuri yisumbuye batagombye kwihutira Kaminuza.

Mu ijambo rye, Dr. Ron Adam yabwiye abitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi wateguwe n’urubyiruko rugize ikitwa Peace and Love Proclaimers ko kugira u Rwanda ruzabe igihugu giteye imbere, ari ngombwa gutangira kubitekereza no kubikora ubu.

Abagize iri huriro bari baje kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no kuganira ku budaheranwa bw’Abanyarwanda bujyanirana no kwiyunga.

Dr Ron Adam yagize ati“ Abenshi muri mwe mwavutse nyuma ya 1994. Murebe aho mwicaye murebe uko hasa neza hanyuma mwibaze uko byari bugende iyo u Rwanda rutaza kugira ubuyobozi bureba kure”

Yabahaye urugero rw’uko ibintu byagenze muri Israel kuva yongera kuba igihugu gituwe n’Abayahudi kandi kigenga.

Avuga ko kugira ngi Israel igere ku iterambere iriho, byasabye ko ihindura uburyo bwo kwigisha, abana bahabwa umwanya wo kubaza ibyo batumva byose kandi bakabikora bakiri mu mashuri mato.

Dr. Ron Adam avuga igihugu cye gishobora kuba urugero no ku Rwanda.

Avuga ko amaze hafi imyaka ine agenda mu Rwanda,  yiga ibyarwo , ariko ngo ashima uko ibintu bihagaze muri iki gihe.

Yabwiye abari baje kwibuka mu rwego rw’uriya muryango wa Peace and Love Proclaimers ati: “ Murebe kure, mukore, ntimutegereze ko Leta ibakorera ibintu, mubyikorere, mutekereze uburyo bushya bwo kwiga no kwiyigisha, mushyireho uburyo bushya”.

Adam yagiriye inama abari bamuteze amatwi ko ko nibarangiza kwiga amashuri yisumbuye, bagombye kuzabanza gukorera u Rwanda imirimo runaka.

Ati: “…Nimurangiza amashuri abanza, ntumuzihutire kujya muri za Kaminuza ahubwo muzarebe aho mukora, mu bigo bya Leta, ibitaro, mufashe abarokotse, mwite ku bafite ubumuga, mushake inshuti hakiri kare, muganirize abakuru.”

Avuga ko bizatuma bamenya uko abantu bakuru batekereza , bityo bikazafasha u Rwanda kugira urubyiruko rw’abantu bize bitari amashuri asanzwe gusa ahubwo rwize no kubana n’abantu, abato n’abakuru.

Muri uyu muhango wo kwibuka, umwe mu bari bawutumiwemo witwa Hon Amb Abdul Karim Harerimana yabwiye urubyiriko ko impamvu yatumye Inkotanyi zitsinda urugamba ari uko ari zo zari zifite umuti w’ibibazo u Rwanda rwari rufite.

Amb Hon Abdul Karim Harerimana yari yaje kugira inama uru rubyiruko

Amb Harerimana Abdul Karim yavuga mu bushobozi buke Inkotanyi zari zifite, zakoze uko zishoboye zikoresha neza umutungo wazo, zikora byinshi zikoresheje amikoro make.

Umuyobozi w’Ihuriro Peace and Love Proclaimers witwa Israel Nuru Mupenzi yashimye uruhare Inkotanyi zagize kandi n’ubu zifite mu guha Abanyarwanda ikizere cy’ejo hazaza.

Umuyobozi w’Ihuriro Peace and Love Proclaimers Israel Mupenzi

Avuga ko abo akorana nabo muri uriya muryango, bazakomeza gukora k’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi itazongeraho.

TAGGED:featuredHarerimanaInkotanyiIsraelRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Abaturage Bongeye Gutaka Amapfa
Next Article APR FC Yongeye Gutwara Igikombe Cya Shampiyona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?