Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ambasaderi Wa Israel Mu Bwongereza ‘Yibasiwe’ N’Urubyiruko Rwarakaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2021 1:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yari arimo atanga ikiganiro muri imwe muri Kaminuza zo mu Bwongereza Ambasaderi wa Israel mu Bwongereza Madamu Tzipi Hotovoly yasohowe n’abashinzwe kumurinda nyuma y’uko urubyiruko rw’AbanyaPalestine rwasunitse urugi rushaka kumusumira.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwinjiza mu ivatiri ye yo mu bwoko bwa Jaguar bamuvana aho ngaho.

Yari arimo atanga ikiganiro mu ishuri ryigisha iby’ubukungu ryitwa London School of Economics.

Aho yari ari Ambasaderi Tzipi yari yitwaje indabo mu biganza bye.

Ubwo yari arimo atanga kiriya kiganiro, abasore n’inkumi bakomoka muri Palestine batangije icyo bita Hashtag basaba bagenzi babo guhagurukira rimwe bakamena urugi rw’aho yari ari bakamusakiza.

Umugambi bawucuriye kuri Instagram.

Abatashakaga Ambasaderi Tzipi muri kiriya kiganiro basakuzaga bati: “ Nta soni ufite?”

Umwe mu bigaragambyaga yaciye mu rihumye abashinzwe umutekano wa Ambasaderi Tzipi Hotovoly, ariko ntiyamugeraho kuko abashinzwe umutekano we bahise bamwinjiza mu modoka ye y’umutamenwa baramuhungisha.

Abashinzwe kumurinda bahise bamwihutana bamuvana aho

Ivatiri ya yatsimbuye ihita ikurikirwa n’indi y’abashinzwe kumurinda yo mu bwoko bwa Land Rover.

Imodoka y’abamurinda yahise imukurikira

Ikibazo kiri muri iriya Kaminuza ngo ni uko abanyeshuri bakomoka muri Palestine bahahejwe ari benshi.

Umwe muri bo yabwiye Televiziyo yo muri Iran ko niba badahawe umwanya mu burezi butangirwa muri London School of Economics, ririya shuri ritazatekana mu buryo burambye.

Undi munyeshuri we yavuze ko bitari bikwiye ko muri kiriya kiganiro hatumirwa Ambasaderi wa Israel kuko ngo Israel idaha agaciro Palestine.

Bagenzi babo banenze Leta ya Israel n’iy’u Bwongereza kuko ngo bemeye guha ijambo uriya mugore uhagarariye inyungu za Tel Aviv i London.

Ni ikiganiro yari yaratumiwemo

Tugarutse ku bari bateguye iriya myigaragambyo, kuri Instagram baranditse bati: “ Umuntu wese uzamena ikirahure cy’imodoka ya Ambasaderi wa Israel muri iki gihugu tuzamuha akantu.”

Ku rundi ruhande ariko abandi banyeshuri bagaye bagenzi babo bakoze biriya, bavuga ko kwibasira Ambasaderi wa Israel muri buriya buryo atari byo bizatuma ibibazo Abanya Palestine bafite bishira.

Umwe muri bo ni Reem Ibrahim w’imyaka 19 wiga imiyoborere muri iriya Kaminuza.

Kimwe mu byarakaje abanyeshuri batishimiye Israel ni uko Ambasaderi wayo yavuze ko ingabo za Israel zitajya na rimwe zibasira abasivili.

Tzipi yavuze ko ingabo z’igihugu cye zirasa gusa ibice ibitero bya Hamas biza biturutsemo.

Atararangiza interuro irimo ariya magambo, bamwe mu banyeshuri bahagurukiye hejuru batangira kumwamagana, nibwo abashinzwe kumurinda bamuvanaga hariya shishi itabona.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIshuriIsraelKaminuzaPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari B’i Nyagatare Bavuze Uko Binjiza Ibiyobyabwenge
Next Article Umuyobozi Wa BK Dr Diane Karusisi Yahawe Igihembo Cy’Indashyikirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?