Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yashimangiye Ko u Rwanda Ari Inkoramutima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yashimangiye Ko u Rwanda Ari Inkoramutima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Ron Adam uhagaririye Israel mu Rwanda yashimangiye ko igihugu cye gifata u Rwanda nk’inkoramutima yacyo. Hari mu muhango wo kugabira inka bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Burera.

Ambasaderi Ron Adam avuga ko guha inka abaturage b’u Rwanda biri mu rwego  rwo gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza binyuze mu kubona intungamubiri ziva ku bikomoka ku matungo cyane cyane amata.

Mu mwaka wa 2016 nibwo Leta y’u Rwanda yatangije gahunda ya Girinka kugira ngo abaturage babone ibiribwa baha abana babo bakure neza bigabanye igwingira.

Mu rwego rwo kunganira iyi gahunda, Ambasade ya Israel mu Rwanda imaze igihe iha inka abo mu muryango itishoboye bo mu turere dutandukanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa Kane abagabiwe ni abo mu Karere ka Burera mu Ntara  y’Amajyaruguru.

Ambasaderi Ron Adam yavuze ko Israel ishima umuhati Leta y’u Rwanda ishyira mu gufasha abaturage bayo kwiteza imbere.

Muri uriya muhango yagize ati: “ Israel yishimira gukorana n’u Rwanda muri iyi gahunda ya Girinka. Burera ni Akarere ka kane tugabiye mo abaturage. Hano twatanze inka 20 kandi twizera tudashidikanya ko bizagirira akamaro abaturage.”

Today #Israel donated 20 cows to vulnerable families in @BureraDistrict, @RwandaNorth. This comes to support Girinka Program by @RwandaGov and will help beneficiaries to fight malnutrition, have their own milk and get manure among other benefits.@RwandaLocalGov@IsraelMFA
🇮🇱🤝🇷🇼 pic.twitter.com/LFqunpPR41

— Dr. Ron Adam (@AmbRonAdam) August 18, 2022

Ambasaderi Adam avuga ko guha abantu inka ari uburyo bwo kubafasha kuzamura urwego rw’imibereho yabo kuko akamaro k’inka kari mu ngeri nyinshi.

- Advertisement -

Akamaro k’inka si amata gusa kuko kava ku mata, kakagera ku nyama, amase atanga ifumbire, ndetse n’ibinono byazo biribwa mu isombe.

Ku byo kurya inka ariko siyo gahunda ya Leta y’u Rwanda.

Mu mezi ashize ubuyobozi mu Kigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, RAB,  bwatangaje ko Politiki u Rwanda rufite muri iki gihe ari iy’uko mu myaka micye iri imbere, ubworozi bw’ingurube n’inkoko ari bwo buzatezwa imbere kugira ngo aya matungo abe ari yo aribwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera witwa Marie Chantal Uwanyirigira yashimye Ambasade ya Israel ku nkunga yateye u Rwanda mu kuzamura imibereho y’abarutuye, by’umwihariko abo mu Karere ka Burera ashinzwe.

Kugeza ubu Israel imaze kugabira abaturage inka 80.

Ni abo mu Karere ka Nyamasheke, Gisagara, Rulindo na  Burera.

Abaturage 18,000 nibo bamaze kugabirwa inka muri gahunda ya Girinka.

TAGGED:AdamAmbasaderiBureraInkaIsraelRon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatunze iPhones, iPads Na MacBooks Bahawe Umuburo
Next Article Polisi Yafashe Imodoka Zikabakaba 1000
1 Comment
  • this post says:
    19 August 2022 at 11:32 pm

    Having read this I thought it was rather informative.
    I appreciate you spending some time and effort to put this short article
    together. I once again find myself personally spending a lot of
    time both reading and leaving comments. But so what, it was still worth it!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?