Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika: Abantu 121 Bamaze Iminsi 10 Munsi y’Inzu Yabagwiriye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika: Abantu 121 Bamaze Iminsi 10 Munsi y’Inzu Yabagwiriye

admin
Last updated: 04 July 2021 11:28 am
admin
Share
SHARE

Ibikorwa byo gushakisha abantu bagwiriwe n’inyubako mu gace ka Surfside muri Leta ya Florida byahagaritswe, mu gihe ubuyobozi bwitegura gusenya igice cyari gisigaye cy’inzu yaridukanye abaturage mu kwezi gushize.

Gusenya iyo nyubako yiswe Champlain Towers South byemejwe hirindwa ko n’igisigaye cyazahanuka, kubera umuyaga mwinshi witwa Elsa uteganyijwe ku wa Kabiri.

Igice kinini cy’iyo nyubako y’amagorofa 12 cyahanutse ku wa 24 Kamena, mu rukerera abantu baryamye. Abantu 24 nibo bimaze kumenyekana ko bapfiriyemo, 121 bakomeje kiburirwa irengero kuko bari munsi y’ibintu byinshi byasenyutse kuri iyo nzu. Nta muntu n’umwe biremezwa ko yarokotse.

Ni impanuka yabaye mu buryo bwihuse cyane kuko inzu 55 mu 136 zari zituyemo abantu zahanutse mu masegonda 12 gusa.

Abaturage bo mu gice cyasigaye gihagaze bavuga ko bumvise ari nk’inkuba ikubise, barebye hanze babona ivumbi ritumuka, igice kimwe cy’inzu cyageze ku butaka.

Ntabwo icyateye iriya mpanuka kiramenyekana, gusa raporo y’abahanga mu bwubatsi yo mu 2018 yagaragaje ko inyubako yari ifite ikibazo cy’uko amazi yinjiraga munsi yayo akagumamo.

Indi nyigo yasohotse mu mwaka ushize y’umushakashatsi wo muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Florida, yagaragaje ko ubutaka iyo nzu yubatseho bugizwe n’igishanga, mu binyacumi bitatu bishize bwikagaho milimetero ebyiri ku mwaka.

Gusa ngo iyo nyubako yagaragaraga inyuma nk’igikomeye.

Abantu 121 baheze munsi y’igice cyasenyutse, none n’icyari gihagaze kigiye gusenywa
TAGGED:featuredFloridaIgorofaImpanuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Zateye Laurent Gbagbo Gusura Jean Pierre Bemba I Kinshasa
Next Article Abantu Batandatu Batawe Muri Yombi Bazira Kunyereza Ibikoresho Byo Kubaka Amashuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?