Amerika Irashaka Gucukura Iranium Ya Niger 

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye gushora miliyoni $414 mu mushinga wo gucukura Uranium y’ahitwa Dasa muri Niger, nyuma y’imyaka ibiri ingabo zayo zikuwe muri iki gihugu.

Iryo shoramari rizakorwa n’Ikigo cy’Amerika gishinzwe Iterambere ry’Imari ku Isi, kikaba na banki y’iterambere ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (DFC), ikazakorana na sosiyete yo muri Canada yitwa Global Atomic mu guteza imbere umushinga wa Dasa.

Iyi sosiyete ivuga ko Dasa ari umwe mu mishinga ifite Uranium iri ku kigero cyo hejuru muri Afurika.

Global Atomic ivuga ko umushinga wa Dasa uteganyijwe kuzamara imyaka 23 kandi ukaba ushobora gutanga toni nyinshi za Uranium mu gihe uzaba ugeze ku musaruro wuzuye.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe umubano wa Amerika na Niger wari warazambye nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye mu 2023.

Mu 2024, Amerika yemeye kuvana muri Niger abasirikare bayo bagera ku 1,000, nyuma y’uko ubutegetsi bwa gisirikare bwariho busabye ko ingabo zayo ziva mu gihugu.

Niger yahise yongera umubano mu by’umutekano n’u Burusiya, mu gihe n’u Bufaransa bwari bwarakuye abasirikare babwo muri iki gihugu.

Ubu uyu mushinga wa Uranium ushobora kongera gufungura inzira y’ubufatanye hagati ya Washington na Niamey, cyane cyane mu gihe Uranium iri mu mutungo w’ingenzi Amerika ishaka kubona ku masoko mpuzamahanga.

Niger iri mu bihugu bigemura ku isoko mpuzamahanga Uranium nyinshi.

Iki gihugu kandi kiri guhatana n’ikigo cy’Abafaransa Orano, cyari kimaze igihe kinini gifite uruhare rukomeye mu bucukuzi bwa Uranium ya Niger.

Ku rundi ruhande, Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters byatangaje ko n’ubwo inkunga ya Amerika ishobora gufasha umushinga wa Dasa gutera imbere, hakiri impungenge z’umutekano muri Niger.

Mu kwezi gushize, abasirikare bagabye ibitero ku birindiro bikomeye bya gisirikare, ku ngoro y’umukuru w’igihugu no ku bindi bikorwa remezo biri i Niamey, mu mugambi wapfubye kubera ubufasha Uburusiya bwahaye Niamey bukaburizamo iki gikorwa.

Jimmy GATETE 

TAARIFA RW 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *