Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Guhana Ibihugu By’Afurika Biri Inyuma Y’u Burusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Irashaka Guhana Ibihugu By’Afurika Biri Inyuma Y’u Burusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 6:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sena y’Amerika iherutse gutora  umushinga w’itegeko wo guhana ibihugu by’Afurika Washington ifata nk’abafatanyabikorwa b’ubutegetsi bwa Moscow. Muri Afurika bo bavuga ko ibyo ari ukwivanga mu mikorere n’ubusugire bw’ibihugu.

Ni itegeko Sena y’Amerika yise ‘Countering Malign Russian Activities in Africa Act’.

Iby’iri tegeko bitowe nta gihe kinini gishize Mikhaïl Gorbatchev bivugwa ko yatangije politiki zatumye icyahoze ari Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zisenyuka, apfuye.

Abasoviyete bari barakoze igice cy’isi cyari gihanganye n’inyungu z’Amerika kugira ngo zigwe bityo izabo zikomeze zitere imbere cyane cyane mu bitekerezo byo gusaranganya ubukungu, abantu ntibabe ba nyamwigendaho aho buri wese agomba kurya ifi yirobeye.

Muri iki gihe ni ukuvuga nyuma y’uko Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zisenyutse Amerika igasigara ari yo itegeka isi, ibihugu bimwe by’Afurika byakoranye n’Amerika n’u Burayi, ibindi bikorana n’u Burusiya bwa nyuma y’Intambara y’Ubutita.

Aho Abarusiya batangirije intambara kuri Ukraine muri Gashyantare, 2022, muri iki gihe  Amerika ntishaka ko ibihugu by’Afurika bihengamira ku Burusiya.

Amerika n’u Burayi zibushinja kuba gashozantambara no kutumva amahame Amerika ishaka ko agenga isi.

Amerika yamaze imyaka myinshi icungira hafi ibibera muri Amerika y’Epfo( Latino America) ariko muri iki gihe isanga igihe kigeze ngo ishyire n’imbaraga nyinshi muri Afurika yirinda ko yarangara igasanga hari ibihugu byinshi byahisemo gukorana n’u Burusiya ndetse n’u Bushinwa kubera ko byabuze ‘undi mufatanyabikorwa.’

Nyuma y’uko umushinga w’itegeko wo gukumira ijwi ry’Abarusiya muri Afurika utowe ku bwiganze, bamwe bavuga ko bidatinze hari n’ibyemezo byo guhana  ibihugu bimwe by’Afurika byagaragaje ubushake bwo gukorana bya hafi n’u Burusiya bizafatwa.

Icyakora mu rwego rwo kwirinda kurakaza Abanyafurika, mu ruzinduko Umunyamabanga wa Leta  muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Antony Blinken aherutsemo muri Afurika y’Epfo n’ahandi kuri uyu mugabane, yavugiye muri Kaminuza ya Pretoria ko Amerika idashaka ko hari igihugu cy’Afurika kizabona ko yaje kwivanga mu bigikorerwamo, ngo igitegeke abo kigomba gukorana nabo.

Hari nyuma y’uko mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Afurika y’Epfo witwa Naledi Pandor avuze ko ririya tegeko ryatowe na Sena y’Amerika rigamije guhana utari mu ruhande rwayo kandi ngo ibyo ntibikwiye .

Mu kibazo cya Ukraine n’u Burusiya, hari ibihugu 17 by’Afurika byifashe byanga kwamagana u Burusiya kubera ibitero bwagabye yo.

Afurika ni umugabane ufite ikintu kinini uvuze mu bukungu n’ububanyi n’amahanga bw’isi muri iki gihe.

Iyo niyo mpamvu ibihugu bikize cyangwa byiyumvamo ubukire nka Turikiya…byose bishaka kugira ijambo muri Afurika.

U Bufaransa bwo busa n’uburi kubyina buvamo nyuma yo gutakaza ijambo mu rugero runini mu bihugu nka Mali n’ahandi muri Afurika y’i Burengerazuba.

Birasaba ko ibihugu bikize byiga politiki yo kugendera ku magi mu biganiro bigirana n’ubutegetsi bw’ibihugu by’Afurika kubera ko muri iki gihe ibi bihugu bisigaye bifite abayobozi ‘baje kumenya’ icyo ubusugire bw’igihugu buvuze mu by’ukuri.

TAGGED:AfurikaAmerikaBlinkenBurusiyaUmugabane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Babasezeranyije Imirima, Bagiye Kubaza Ibyayo Babaha Amasabune!
Next Article Mu Burundi Haranugwanugwa ‘Coup d’Etat’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?