Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Iri Kwiga Niba Yatangiza Intambara Kuri Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Iri Kwiga Niba Yatangiza Intambara Kuri Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2024 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa Joe Biden buri mu ihurizo rikomeye ryo guhitamo gutangiza intambara kuri Iran bityo akongera amahirwe yo kongera gutorwa cyangwa se akabireka kubera ingaruka byagira ariko akaba ashobora gutakaza amatora.

Ibi byose bije nyuma y’uko hari abarwanyi bivugwa ko bafashwa na Iran barashe muri Jordan bica abasirikare batatu b’Amerika abandi 25 bagakomereka.

Ni igitero cyagabwe mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Jordan hafi y’umupaka na Syria.

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Biden akanarishyiraho umukono rivuga ko ‘n’ubwo Amerika igikusanya amakuru kuri iki gitero, yamenye neza ko cyakozwe n’itsinda rishyigikiwe na Iran rikorera muri Iraq na Syria’.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Joe Biden yavuze ko Amerika izihorera mu gihe no mu buryo yo ubwayo izahitamo ko bukwiye.

Umutwe wo muri Iraq ariko ufashwa na Iran witwa The Islamic Resistance niwo wigambye iki gitero kuko wari uherutse no kuvuga ko hari ibirindiro bitatu by’ingabo z’Amerika uzibasira mu gihe kiri imbere.

Ubwami bwa Jordan bwamaganye iki gitero bwise ko ari umwanduranyo kuko cyagabwe ku butaka bwayo.

Al Jazeera yanditse ko ari ubwa mbere abasirikare b’Amerika bishwe kuva Israel yatangiza intambara kuri Hamas nyuma gato y’igitero abarwanyi ba Hamas bayigabyeho taliki 07, Ukwakira, 2023.

Kuba abasirikare b’Amerika bishwe byateye icyuka gikomeye cy’uko Amerika yatangiza intambara kuri Iran.

- Advertisement -

Ibi kandi bisa n’aho ari byo ubutegetsi bwa Teheran bushaka.

Ku rundi ruhande, ububanyi n’amahanga bwa Amerika bwo buherutse kuzenguruka ibihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati kugira ngo haganirwe uko iriya ntambara yakumirwa.

Ni akazi kakozwe na Antony Blinken mu byumweru bitatu bishize.

N’ubwo ari uko abyifuza, ku ruhande rwa Iran ho bashobora kuba bashaka intambara yeruye cyane cyane ko bakomeje guha amabwiriza imitwe bashyigikiye ngo irase ku nyungu z’Amerika, Ubwongereza na Israel.

Abanyaburayi bo baracyafitiye impungenge Uburusiya bwa Putin kuko kuba Amerika itaraha Ukraine imbunda n’amafaranga yayisabye ngo ibashe guhangana bifatika na Putin, bishyira Uburayi bwose mu kaga.

Mu magambo avunaguye rero, ubutegetsi bwa Joe Biden buri ku gitutu cyo gutera Iran, bukayiha isomo ariko nanone abajyanama be bari kumusaba kubanza gutekereza kabiri, akarebe ingaruka zakurikira intambara ifunguye Washington yarwana na Teheran.

Mu gihe hibazwa uko intambara y’Amerika na Iran yazarangira, amakuru avuga ko muri OTAN ( Umuryango wo gutabarana mu bya gisirikare uyobowe n’Amerika) bari gutegura intambara ku Burusiya ishobora kuzabaho igihe icyo ari cyo cyose.

Mu rwego rwa gisirikare, Amerika ihorana umwanzi umwe witwa Uburusiya n’aho mu rwego rw’ubukungu uwo mwanzi akaba Ubushinwa kandi Ubushinwa n’Uburusiya ni inshuti magara.

Iby’isi y’ejo hazaza ni ukubitega amaso!

 

TAGGED:AmatoraAmerikaBidenfeaturedIgiteroIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abanyarwanda N’Abarundi Bahuje Urugwiro Baririmba Ibyiza By’Iwabo
Next Article Mu Bantu 16 Bishwe N’Impanuka Y’Ubwato Muri Mugesera Babiri Ni Impinja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?