Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Uwambaye Imyambaro Y’Ingabo Za DRC Yarasiwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Rubavu: Uwambaye Imyambaro Y’Ingabo Za DRC Yarasiwe Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 January 2024 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ikesha umuturage wo mu Karere ka Rubavu aremeza ko hari umuntu waje mu Rwanda yambaye imyenda y’ingabo za DRC warasiwe ahitwa Eglise Pentecôte Ebenezer mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu.

Ahagana saa sita z’ijoro uwaduhaye amakuru avuga ko yari yasuye umuntu bari gusangira ka Fanta bagiye kubona babona abantu baje biruka babasanga aho bababwira ko hari umusirikare wa DRC winjiye mu kabari afatira Umunyarwanda ho imbunda amubaza aho umupaka wa DRC uherereye.
Ngo byasaga n’aho uwo musirikare yari yasinze yibagirwa aho yinjiriye aza mu Rwanda ahitamo kuza kurangisha muri ubwo buryo.

Abandi bari bari muri ako kabari bahise bahunga, harimo n’abo batekerereje uwaduhaye amakuru uko byagenze.

Yakomeje agira ati: “ Twamaze kumva ko ibintu bimeze gutyo, dusezerana ho turataha.”

Aho bukereye rero amakuru yageze mu baturage avuga ko hari umusirikare warashwe ndetse ngo umurambo we wari ukiri aho yarasiwe kugeza saa tatu za mu gitondo.

Andi makuru afitanye isano n’aya avuga ko hari abandi basirikare babiri ba DRC bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda.

Kugeza ubu ntacyo inzego z’ubuyobozi ziragira icyo zitangaza ku byabaye.

Ibi kandi byemejwe n’ingabo z’u Rwanda zivuga ko abo basirikare babiri bafashwe umwe afite ipeti rya Seargent n’irya Corporal bakaba bafashwe n’ingabo z’u Rwanda ziri mu kazi ko gucunga umutekano

TAGGED:featuredRubavuUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bagiye Gusabira Ubumwe Bw’Abakirisitu Mu Rwanda
Next Article Nyamasheke: Inzu Bubakaga Yagwiriye Umuntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?