Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yatanze Miliyoni $ 85 Zo Gufasha Urwego Rw’Ubuzima Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amerika Yatanze Miliyoni $ 85 Zo Gufasha Urwego Rw’Ubuzima Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2023 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric Kneedler avuga ko igihugu cye cyatanze Miliyoni $85 azashyirwa mu mishinga ibiri igamije kurushaho guha abaturage serivisi nziza mu buzima.

Amb Kneedler avuga ko iyo mishinga izatuma u Rwanda rugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubuzima, haba imbere muri rwo n’ahandi muri Afurika.

Kuri X, yanditse ati: “ Maze gutangiza imishinga ibiri y’ingenzi hamwe na Nsabimana Sabin[Minisitiri w’ubuzima] kugira ngo hazamurwe ireme rya serivisi z’ubuzima ku Banyarwanda bose. Hamwe n’iki gishoro cya miliyoni $85, Amerika izafasha u Rwanda kugera ku rwego rwo gukwirakwiza serivisi z’ubuzima ku isi hose.”

Ayo mafaranga azakoreshwa mu nzego z’ubuzima mu gihe cy’imyaka itanu, akazatangwa n’Umuryanga w’Abanyamerika ushinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID.

Ambasaderi Eric Kneedler avuga ko Amerika izakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye harimo n’urw’ubuzima hagamijwe ko rugera ku ntego rwihaye yo guha abarutuye bose serivisi nziza muri uru rwego.

Guhera mu mwaka wa 2004, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze guha u Rwanda inkunga arenga miliyari $2 (Miliyari Frw 2000) mu guhangana n’icyorezo cya SIDA.

Iki gihugu cyafashije u Rwanda mu rwego rw’ubuzima cyane cyane mu guhashya SIDA, Malaria n’igituntu, izi zikaba indwara zahitanye Abanyarwanda benshi cyane cyane mu myaka mike yakurikiye ihagarikwa rya  Jenoside yakorewe Abatutsi no kubohora igihugu.

Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana

Mu gihe cya COVID-19, Amerika iri mu bafatanyabikorwa b’u Rwanda baruhaye inkingo nyinshi z’iki cyorezo, bituma ruba mu bihugu byakingiye abantu benshi mu gihe gito.

Amerika kandi ifasha Abanyarwanda mu rwego rw’uburezi, urw’ikoranabuhanga n’izindi nzego.

Ambasaderi Eric Kneedler yasimbuye Peter Vrooman wahise yoherezwa guhagararira inyungu z’igihugu cye muri Mozambique.

Peter Vrooman yakundaga Ikinyarwanda cyane
TAGGED:AmbasaderiAmerikaEricfeaturedIndwaraUbuzimaUrwegoUSAID
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bunyoni Yakatiwe Gufungwa BURUNDU
Next Article Kayonza: Uburenge Bwagarutse Mu Matungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?