Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yatanze Miliyoni $ 85 Zo Gufasha Urwego Rw’Ubuzima Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amerika Yatanze Miliyoni $ 85 Zo Gufasha Urwego Rw’Ubuzima Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2023 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric Kneedler avuga ko igihugu cye cyatanze Miliyoni $85 azashyirwa mu mishinga ibiri igamije kurushaho guha abaturage serivisi nziza mu buzima.

Amb Kneedler avuga ko iyo mishinga izatuma u Rwanda rugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubuzima, haba imbere muri rwo n’ahandi muri Afurika.

Kuri X, yanditse ati: “ Maze gutangiza imishinga ibiri y’ingenzi hamwe na Nsabimana Sabin[Minisitiri w’ubuzima] kugira ngo hazamurwe ireme rya serivisi z’ubuzima ku Banyarwanda bose. Hamwe n’iki gishoro cya miliyoni $85, Amerika izafasha u Rwanda kugera ku rwego rwo gukwirakwiza serivisi z’ubuzima ku isi hose.”

Ayo mafaranga azakoreshwa mu nzego z’ubuzima mu gihe cy’imyaka itanu, akazatangwa n’Umuryanga w’Abanyamerika ushinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ambasaderi Eric Kneedler avuga ko Amerika izakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye harimo n’urw’ubuzima hagamijwe ko rugera ku ntego rwihaye yo guha abarutuye bose serivisi nziza muri uru rwego.

Guhera mu mwaka wa 2004, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze guha u Rwanda inkunga arenga miliyari $2 (Miliyari Frw 2000) mu guhangana n’icyorezo cya SIDA.

Iki gihugu cyafashije u Rwanda mu rwego rw’ubuzima cyane cyane mu guhashya SIDA, Malaria n’igituntu, izi zikaba indwara zahitanye Abanyarwanda benshi cyane cyane mu myaka mike yakurikiye ihagarikwa rya  Jenoside yakorewe Abatutsi no kubohora igihugu.

Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana

Mu gihe cya COVID-19, Amerika iri mu bafatanyabikorwa b’u Rwanda baruhaye inkingo nyinshi z’iki cyorezo, bituma ruba mu bihugu byakingiye abantu benshi mu gihe gito.

Amerika kandi ifasha Abanyarwanda mu rwego rw’uburezi, urw’ikoranabuhanga n’izindi nzego.

- Advertisement -

Ambasaderi Eric Kneedler yasimbuye Peter Vrooman wahise yoherezwa guhagararira inyungu z’igihugu cye muri Mozambique.

Peter Vrooman yakundaga Ikinyarwanda cyane
TAGGED:AmbasaderiAmerikaEricfeaturedIndwaraUbuzimaUrwegoUSAID
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bunyoni Yakatiwe Gufungwa BURUNDU
Next Article Kayonza: Uburenge Bwagarutse Mu Matungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?