Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yishe Uwateguye Igitero Ku Kibuga Cy’Indege I Kabul
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yishe Uwateguye Igitero Ku Kibuga Cy’Indege I Kabul

admin
Last updated: 28 August 2021 9:54 am
admin
Share
SHARE

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika cyatangaje ko umugabo wateguye igitero ku kibuga cy’indege i Kabul kikagwamo abarenga 170 barimo abasirikare 13 ba Amerika, yiciwe mu gitero yagabweho hifashishijwe indege nto izwi nka ‘drone’.

Kiriya gitero cyagabwe ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021, cyigambwe n’umutwe wa Islamic State Khorasan (ISIS-K). Ni umutwe w’iterabwoba washinzwe mu mpera z’umwaka wa 2014, ushingirwa mu bice bihuza Afghanistan na Pakistan.

Ku wa Gatanu Perezida wa Amerika Joe Biden yavuze ijambo ryumvikanyemo uburakari, aho yarahiriye ko igihugu cye kizihorera, abagabye kiriya gitero bakabyishyura.

Mu ijoro ryacyeye, indege ya gisirikare idapfa kubonwa na za radar yarashe igisasu cyo mu bwoko bwa missile ku mugabo bivugwa ko ari we wateguye umugambi wo kugaba igitero i Kabul, biza gutangazwa ko yahasize ubuzima.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bisa n’aho Amerika yari imaze igihe imucungira hafi, kuko umuvugizi w’ingabo zayo Capt. William Urban yavuze ko bamutsinze mu misozi ya Nangahar muri Afghanistan, ari wenyine.

Yemeza ko nta wundi muntu waguye muri kiriya gitero.

ISIS-K ni umutwe uvugwaho ko ushobora kuzaba ikibazo kuri Afghanistan kuko wo utigeze ujya mu biganiro byahurije Abatalibani na Amerika i Doha muri Qatar.

Byari ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko Amerika n’abayishyigikiye bava muri kiriya gihugu.

Ni umutwe wiswe uw’iterabwoba kandi ngo ufite imbaraga, kuko hari ahantu hanini ugenzura muri kiriya gihugu n’ubwo bwose Amerika itaworoheye.

- Advertisement -

Mbere y’uko ugaba igitero giheruka ku kibuga cy’indege cy’i Kabul, hari raporo zo mu iperereza zari zimaze iminsi ziburira ko hari igitero cy’iterabwoba gishobora kuzagabwa ku bantu bari kuri kiriya kibuga, bitegura kurizwa indege ngo bahungishirizwe muri Amerika no mu bindi bihugu by’inshuti zayo.

Kugeza n’ubu kandi haracyari izindi mpungenge ko ibitero nka biriya bishobora kongera kuhagabwa.

Ikarita ya Afghanistan na drone ya MQ-9 Reaper
TAGGED:AfghanistanfeaturedIslamic StateKabul
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BioNTech Yemeye Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za Malaria n’Igituntu
Next Article Ibice Bimwe Bigiye Kugira Igabanyuka Ry’Imvura Ryaherukaga Mu 2016
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?