Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yishe Uwateguye Igitero Ku Kibuga Cy’Indege I Kabul
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yishe Uwateguye Igitero Ku Kibuga Cy’Indege I Kabul

Last updated: 28 August 2021 9:54 am
Share
SHARE

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika cyatangaje ko umugabo wateguye igitero ku kibuga cy’indege i Kabul kikagwamo abarenga 170 barimo abasirikare 13 ba Amerika, yiciwe mu gitero yagabweho hifashishijwe indege nto izwi nka ‘drone’.

Kiriya gitero cyagabwe ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021, cyigambwe n’umutwe wa Islamic State Khorasan (ISIS-K). Ni umutwe w’iterabwoba washinzwe mu mpera z’umwaka wa 2014, ushingirwa mu bice bihuza Afghanistan na Pakistan.

Ku wa Gatanu Perezida wa Amerika Joe Biden yavuze ijambo ryumvikanyemo uburakari, aho yarahiriye ko igihugu cye kizihorera, abagabye kiriya gitero bakabyishyura.

Mu ijoro ryacyeye, indege ya gisirikare idapfa kubonwa na za radar yarashe igisasu cyo mu bwoko bwa missile ku mugabo bivugwa ko ari we wateguye umugambi wo kugaba igitero i Kabul, biza gutangazwa ko yahasize ubuzima.

Bisa n’aho Amerika yari imaze igihe imucungira hafi, kuko umuvugizi w’ingabo zayo Capt. William Urban yavuze ko bamutsinze mu misozi ya Nangahar muri Afghanistan, ari wenyine.

Yemeza ko nta wundi muntu waguye muri kiriya gitero.

ISIS-K ni umutwe uvugwaho ko ushobora kuzaba ikibazo kuri Afghanistan kuko wo utigeze ujya mu biganiro byahurije Abatalibani na Amerika i Doha muri Qatar.

Byari ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko Amerika n’abayishyigikiye bava muri kiriya gihugu.

Ni umutwe wiswe uw’iterabwoba kandi ngo ufite imbaraga, kuko hari ahantu hanini ugenzura muri kiriya gihugu n’ubwo bwose Amerika itaworoheye.

Mbere y’uko ugaba igitero giheruka ku kibuga cy’indege cy’i Kabul, hari raporo zo mu iperereza zari zimaze iminsi ziburira ko hari igitero cy’iterabwoba gishobora kuzagabwa ku bantu bari kuri kiriya kibuga, bitegura kurizwa indege ngo bahungishirizwe muri Amerika no mu bindi bihugu by’inshuti zayo.

Kugeza n’ubu kandi haracyari izindi mpungenge ko ibitero nka biriya bishobora kongera kuhagabwa.

Ikarita ya Afghanistan na drone ya MQ-9 Reaper
TAGGED:AfghanistanfeaturedIslamic StateKabul
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BioNTech Yemeye Gukorera Mu Rwanda Inkingo Za Malaria n’Igituntu
Next Article Ibice Bimwe Bigiye Kugira Igabanyuka Ry’Imvura Ryaherukaga Mu 2016
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?