Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Apostle Mignonne Arateganya Igiterane Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Apostle Mignonne Arateganya Igiterane Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2024 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Pastor Mignone Kabera
SHARE

Ku nshuro ya mbere Umushumba Mukuru wa Noble Family Church na Women Foundation Ministries, Apostle Mignone Kabera agiye gukorera igiterane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yakise ‘Connect Conference’, kikazabera mu Mujyi wa Portland muri Leta ya Maine kuva taliki 01 kugera taliki 03, Ugushyingo 2024.

Bamwe mu bazakitabira bakakiririmbiramo ni Gentil Misigaro na Willy Uwizeye ndetse n’umukozi w’Imana Prophet Kem Muyaya.

Aho niho Kabera azakorera igitaramo cye

Alice Mignonne Kabera agiye gukora iki giterane cy’iminsi itatu nyuma y’icyo aherutse gukorera mu Bwongereza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yari yatumiye abahanzi barimo Israel Mbonyi na Aimé Uwimana bakunzwe n’abatari bacye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana haba mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo.

Kimwe mu bibyemeza ni uko Israel Mbonyi muri iki gihe ateganya igiteramo gikomeye muri Tanzania , nyuma y’ibindi byinshi yagiriye muri Kenya ndetse yigeze no kujya mu Burundi mbere y’uko umubano hagati ya Kigali na Gitega uba mubi.

Biteganyijwe ko muri kiriya gitaramo, Mignone Kabera azataramana kandi n’umwe mu bahanzi bo mu Burundi bakora indirimbo zo guhimbaza Imana uri mu bakunzwe kurusha abandi witwa Willy Uwizeye.

Gentil Misigaro na we utegerejwe muri ‘Connect Conference’ ni umuramyi mpuzamahanga utuye muri Canada.

Yaramamaye cyane mu ndirimbo zirimo iyitwa ‘Biratungana’ yanitiriye igitaramo cya mbere yakoreye mu Rwanda mu mwaka wa 2019.

- Advertisement -

Apostle Mignonne Kabera ni umwe mu bapasiteri bakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo biturutse ku nyigisho ze zifasha benshi.

Azwiho kugira inama zifasha urubyiruko n’abagize umuryango muri rusange, akaba n’inshuti y’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana,.

Asanzwe aba abashyigikira mu bitaramo byabo, akanabatumira mu bikorwa ategura kugira ngo bafatanye gususurutsa imitima y’abakunda Imana.

TAGGED:AmerikafeaturedIgitaramoKaberaMignoneMisigaroRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Ubushita Bw’Inkende Buraca Ibintu
Next Article Gatsibo: Umunyamakuru Ari Kubakira Abana Ishuri Rya Miliyoni Frw 120
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?