Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Apostle Mignonne Arateganya Igiterane Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Apostle Mignonne Arateganya Igiterane Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2024 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Pastor Mignone Kabera
SHARE

Ku nshuro ya mbere Umushumba Mukuru wa Noble Family Church na Women Foundation Ministries, Apostle Mignone Kabera agiye gukorera igiterane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yakise ‘Connect Conference’, kikazabera mu Mujyi wa Portland muri Leta ya Maine kuva taliki 01 kugera taliki 03, Ugushyingo 2024.

Bamwe mu bazakitabira bakakiririmbiramo ni Gentil Misigaro na Willy Uwizeye ndetse n’umukozi w’Imana Prophet Kem Muyaya.

Aho niho Kabera azakorera igitaramo cye

Alice Mignonne Kabera agiye gukora iki giterane cy’iminsi itatu nyuma y’icyo aherutse gukorera mu Bwongereza.

Yari yatumiye abahanzi barimo Israel Mbonyi na Aimé Uwimana bakunzwe n’abatari bacye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana haba mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo.

Kimwe mu bibyemeza ni uko Israel Mbonyi muri iki gihe ateganya igiteramo gikomeye muri Tanzania , nyuma y’ibindi byinshi yagiriye muri Kenya ndetse yigeze no kujya mu Burundi mbere y’uko umubano hagati ya Kigali na Gitega uba mubi.

Biteganyijwe ko muri kiriya gitaramo, Mignone Kabera azataramana kandi n’umwe mu bahanzi bo mu Burundi bakora indirimbo zo guhimbaza Imana uri mu bakunzwe kurusha abandi witwa Willy Uwizeye.

Gentil Misigaro na we utegerejwe muri ‘Connect Conference’ ni umuramyi mpuzamahanga utuye muri Canada.

Yaramamaye cyane mu ndirimbo zirimo iyitwa ‘Biratungana’ yanitiriye igitaramo cya mbere yakoreye mu Rwanda mu mwaka wa 2019.

Apostle Mignonne Kabera ni umwe mu bapasiteri bakunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo biturutse ku nyigisho ze zifasha benshi.

Azwiho kugira inama zifasha urubyiruko n’abagize umuryango muri rusange, akaba n’inshuti y’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana,.

Asanzwe aba abashyigikira mu bitaramo byabo, akanabatumira mu bikorwa ategura kugira ngo bafatanye gususurutsa imitima y’abakunda Imana.

TAGGED:AmerikafeaturedIgitaramoKaberaMignoneMisigaroRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Ubushita Bw’Inkende Buraca Ibintu
Next Article Gatsibo: Umunyamakuru Ari Kubakira Abana Ishuri Rya Miliyoni Frw 120
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gakenke: Polisi Na RDF Bateye Ibiti 2000 Bivangwa N’Imyaka

Alexis Dusabe Azakoresha Igitaramo Azashimiramo Imana Aho Imugejeje

PM Nsengiyumva Ashima Ko Ubukucuzi Bw’Amabuye Y’Agaciro Bwahaye Akazi Abantu 92,000

Bidatinze U Rwanda Ruratangira Gukoresha Ifaranga Koranabuhanga- BNR

Putin Arahura N’Umujyanama Wa Trump Bongere Kuganira Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ikibazo Cy’Abarobyi Ba DRC Bambuwe Ibikoresho N’Ingabo Za Angola Kirahangayikishije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Murigande Muri Sena, Kayitesi Muri MINAFFET,…Impinduka Muri Guverinoma Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BNR Ivuga Ko Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Guhagarara Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

RBC Iributsa Urubyiruko Kwisuzumisha Rukamenya Uko Ruhagaze Ku Bwandu Bwa SIDA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?