Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2025 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Igitwaye ku nshuro ya 14.
SHARE

Ku nshuro ya 14 APR FC yaraye itwaye igikombe cy’amahoro imaze gutsinda Rayon Sports iyiruka umuriri mu buryo bugaragara. Byose byatangiye ubwo yayitsindaga igitego cya mbere ku munota wa kane, abakinnyi ba Rayon batagera mu mukino neza.

Byatunguye kandi bica intege mu buryo bugaragara  abakinnyi ba Rayon ku buryo batiyumvishaga uko batsindwa igitego mu gihe gito bene ako kageni, kikaba cyatsinzwe na Djibril Ouattara.

Uyu musore yagitsinze amaze guhabwa umupira na Nshimirimana Ismail undi awucisha ku ruhande rw’iburyo maze awushyira mu izamu.

Bidatinze hari ku munota wa 29 nibwo Nshimiyimana Yunussu wa APR FC yabonaga umupira wari uhushijwe na Abeddy Biramahire, ahita awandurukana ari kumwe na mugenzi we Barafinda( Mugisha Gilbert) uyu ahita atsinda icya kabiri, Rayon Sports ihita isubiza amerwe mu isaho.

Abakinnyi ba APR FC barushije bagenzi babo mu buryo bugaragara.

Umuhati wose w’iyi kipe nta musaruro watanze kuko umukino warangiye ari ibitego 2-0, APR iba igitwaye ityo ku nshuro ya 14.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko iyo ntsinzi ishobora kuzaha APR amahirwe yo gutwara n’igikombe cya Shampiyona bitewe ahanini n’ibyishimo n’umurava byazamuwe no gutsindira Rayon imbere y’imbaga yari yaje ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro waraye ukinewe kuri Stade Amahoro yakira abantu 45,000 kandi yari yuzuye.

Ntacyo abakinnyi ba Rayon bagezeho

Dore uko Rayon yitwaye muri iki gikombe cy’amahoro yaraye ibuze ikireba:

Muri 1/8:

Rutsiro FC 1-2 Rayon Sports

Rayon Sports 2-0 Rutsiro FC

Muri 1/4:

Rayon Sports 2-2 Gorilla FC

Gorilla FC 0-1 Rayon Sports 

Muri 1/2:

Mukura VS 1-1 Rayon Sports

Rayon Sports 1-0 Mukura VS

Urwa APR FC muri iri rushanwa uyu mwaka:

Muri 1/8:

Musanze FC 0-0 APR FC

APR FC 4-0 Musanze FC

Muri 1/4:

 Gasogi United 0-1 APR FC

APR FC 0-0 Gasogi United

Muri 1/2:

Police FC 1-1 APR FC

APR FC 1-0 Police FC

TAGGED:AmahoroAPRfeaturedIgikombeRayonUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meteo Iraburira Abanyarwanda 
Next Article Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?