Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2025 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Igitwaye ku nshuro ya 14.
SHARE

Ku nshuro ya 14 APR FC yaraye itwaye igikombe cy’amahoro imaze gutsinda Rayon Sports iyiruka umuriri mu buryo bugaragara. Byose byatangiye ubwo yayitsindaga igitego cya mbere ku munota wa kane, abakinnyi ba Rayon batagera mu mukino neza.

Byatunguye kandi bica intege mu buryo bugaragara  abakinnyi ba Rayon ku buryo batiyumvishaga uko batsindwa igitego mu gihe gito bene ako kageni, kikaba cyatsinzwe na Djibril Ouattara.

Uyu musore yagitsinze amaze guhabwa umupira na Nshimirimana Ismail undi awucisha ku ruhande rw’iburyo maze awushyira mu izamu.

Bidatinze hari ku munota wa 29 nibwo Nshimiyimana Yunussu wa APR FC yabonaga umupira wari uhushijwe na Abeddy Biramahire, ahita awandurukana ari kumwe na mugenzi we Barafinda( Mugisha Gilbert) uyu ahita atsinda icya kabiri, Rayon Sports ihita isubiza amerwe mu isaho.

Abakinnyi ba APR FC barushije bagenzi babo mu buryo bugaragara.

Umuhati wose w’iyi kipe nta musaruro watanze kuko umukino warangiye ari ibitego 2-0, APR iba igitwaye ityo ku nshuro ya 14.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko iyo ntsinzi ishobora kuzaha APR amahirwe yo gutwara n’igikombe cya Shampiyona bitewe ahanini n’ibyishimo n’umurava byazamuwe no gutsindira Rayon imbere y’imbaga yari yaje ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro waraye ukinewe kuri Stade Amahoro yakira abantu 45,000 kandi yari yuzuye.

Ntacyo abakinnyi ba Rayon bagezeho

Dore uko Rayon yitwaye muri iki gikombe cy’amahoro yaraye ibuze ikireba:

Muri 1/8:

Rutsiro FC 1-2 Rayon Sports

Rayon Sports 2-0 Rutsiro FC

Muri 1/4:

Rayon Sports 2-2 Gorilla FC

Gorilla FC 0-1 Rayon Sports 

Muri 1/2:

Mukura VS 1-1 Rayon Sports

Rayon Sports 1-0 Mukura VS

Urwa APR FC muri iri rushanwa uyu mwaka:

Muri 1/8:

Musanze FC 0-0 APR FC

APR FC 4-0 Musanze FC

Muri 1/4:

 Gasogi United 0-1 APR FC

APR FC 0-0 Gasogi United

Muri 1/2:

Police FC 1-1 APR FC

APR FC 1-0 Police FC

TAGGED:AmahoroAPRfeaturedIgikombeRayonUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meteo Iraburira Abanyarwanda 
Next Article Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?