Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arashaka Ko Abakristo Bamenya Neza Indirimbo Zo Mu Gitabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Arashaka Ko Abakristo Bamenya Neza Indirimbo Zo Mu Gitabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 September 2024 7:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bikem wa Yesu mu ndirimbo yasubiyemo yise Hari Umwami wa Kera
SHARE

Umuhanzi Bikem wa Yesu( asanzwe yitwa Emmanuel Bikorimana) avuga ko intego ye mu myaka itanu iri imbere ari uko Abakristo muri rusange bazaba bazi indirimbo byibura 150 mu zigize igitabo cy’indirimbo buri wese yitwaza agiye gusenga.

Uyu mugabo usanzwe ari umunyamakuru avuga ko kumenya neza indirimbo zo mu gitabo bigirira akamaro Umukristo kuko zirimo ubutumwa bumwubaka kandi bw’umwimerere.

Yabwiye itangazamakuru ati:  “Ndifuza ko indirimbo zo mu gitabo zihindukira itorero ubuzima dutuyemo kuko zihimbanye umwimerere w’ubutumwa bwiza butavangiye kandi ntizijya zisaza. Nibura mu myaka itanu ndifuza ko Abakristo bazaba bazi neza amateka n’umwimerere w’indirimbo zisaga 150.”

Ni igikorwa ateganya ko kizaba cyagezweho mu myaka itanu iri imbere, akifuza ko ibitero byo muri izo ndirimbo( amakorasi) byaba byaramenyekanye, bizwi na benshi.

Ashaka ko amakorasi n’indirimbo 250 azaba azwi neza, izo zikaba indirimbo za kera zakoreshejwe na benshi mu gutanga ubutumwa.

Bikem asanzwe aririmba kandi agacuranga neza indirimbo zo mu njyana ya Country Music ikomoka mu Majyepfo ya Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Uyu muziki watangiye kwamamara mu myaka ya 1920.

Asanzwe asengera mu itorero rya ADEPR Remera.

Ajya asesengura ibijyanye n’imyemerere kandi akaba n’umunyamakuru uzi byinshi mu by’iyobokamana mu Rwanda.

Ni umuhanga wa piano usanzwe uyigisha abashaka kumenya iki cyuma cy’umuziki kiri mu byifashishwa mu gukora indirimbo z’ubwoko bwose.

Mu gushishikariza abantu kumenya indirimbo zo mu gitabo, avuga ko azakora ku buryo buri wese amenya amateka ya buri ndirimbo ikirimo, akamenya uwayanditse n’ibihe yari arimo ubwo yabikoraga.

Ati: “Icyo gihe nituririmba indirimbo tuzi inkomoko yayo bizajya bituma tuyiririmbisha umutima kuruta kumva gusa umudiho wayo n’uburyohe bw’ijwi”.

Amaze gusohora indirimbo yasubiyemo yitwa ‘Hari Umwami wa Kera’.

Mu gitabo cy’indirimbo ni iya 419.

TAGGED:BikemigitaboIndirimboUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Tanzania Mu Bufatanye Mu Kurwanya Ibyaha
Next Article NBA Yasobanuye Icyayiteye Gufatanya N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?