Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avugwaho Kubeshya Abakobwa Ko Azabaha Akazi Akabasambanya Akanabiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avugwaho Kubeshya Abakobwa Ko Azabaha Akazi Akabasambanya Akanabiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2021 5:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusore witwa Bagaragaza aherutse gutabwa muri yombi n’abakozi b’urwego rw’ubugenzacyaha bamukurikiranyeho ibyaha birimo gutekera abagore umutwe ababeshya akazi akabasindisha akabiba.

Hari bamwe ngo yasambanyije nyuma yo kubasindisha ariko we arabihakana akavuga ko yabikoze babyumvikanyeho.

Facebook niyo yabahuje…

Bagaragaza yabwiye itangazamakuru ko yemera icyaha cyo gutekera abakobwa n’abahungu umutwe kandi ngo bajya kumenyana byatangiriye kuri Facebook.

Avuga ko yandikiranye nabo ababwira ko afite Kampani yise Global Limited ikora iby’ubwubatsi.

Yababwiraga ko yifuza umukozi wo gucunga ububiko bw’ibikoresho ku mashantsiye( chantiers).

Baraza kandi ngo yafashwe amaze gutekera umutwe abagore n’abakobwa( bose hamwe) batanu.

Ati:” Namenyaniye nabo kuri Facebook bakaza i Kigali tukaganira ku kazi nshaka kubaha nyuma nkaza kubiba amasakoshi yabo.”

Avuga ko hari abo yasambanye nabo ariko ko ‘byari ku bwumvikane.’

Bimwe mu byeretswe abanyamakuru ubugenzacyaha buvuga ko bwasangaye uriya musore harimo amasakoshi, impeta, amakarita y’irangamuntu, imipira y’imbeho n’ibindi.

Bagaragaza yavuze ko yemera icyaha yakoze ndetse ko abisabira imbabazi.

Ubugenzacyaha bwo buvuga ko uriya musore ibyo yakoze yabikoraga yabiteguye neza, akabwira abakobwa n’abagore ko azabaha akazi ariko agamije kubasambanya no kubiba.

Ndetse ngo hari n’uwo yanduje imwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B. Murangira avuga ko ibyaha uriya musore akurikiranyweho nibimuhama ashobora gufungwa burundu nk’igihano kinini.

Dr Murangira aganira n’abanyamakuru

Dr Murangira yagiriye abaturage inama yo kwirinda guhubuka ngo bemere ko runaka agiye kubaha akazi batabanje gushishoza.

Ati: “ Inzira kubona no guhabwa akazi bisaba twese turayizi. Ntabwo ari iy’ubusamo ahubwo abantu bagomba gukurikiza ibiteganywa mu kwaka no mu guhabwa akazi.”

Yaburiye abatekera abandi umutwe ko bazafatwa  aho bazaba bari hose.

Bimwe mu byafashwe
Amasakoshi n’ibindi byafashwe
TAGGED:featuredRIBUbugenzacyahaUbutekamutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwahamagaje Ibigo Bitandatu Byacukuraga Amabuye y’Agaciro Muri Congo
Next Article Rusesabagina Yacuze Umugambi Wo Kwitirira U Rwanda Kwica Abaturage Barwo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?