Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2021 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yerekanye abagabo barimo umwe wiyemerera ko yaguraga imiti na bamwe mu bakozi b’ibigo nderabuzima na poste de santé zo hirya ngo hino mu Rwanda akajya kuyigurisha kuri make mu maduka agurisha imiti azwi nka Farumasi.

Hari n’undi wakoraga muri Farumasi y’Akarere ka Gasabo nawe wafataga imiti yayo akayigurisha n’abandi bantu bazaga kumuha amafaranga hanyuma nabo bakayijyana mu zindi Farumasi.

Uwavuze mbere y’abandi muri bo yavuze ko yatangiye buriya bujura mu Ukuboza 2017.

Yafashwe ubwo yangiraga no kugurisha utwuma dupima umuriro w’abantu nka kimwe mu bimenyetso bya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Nari nsanzwe ngurisha ibindi bikoresho bya kwa muganga birimo n’utuntu bapimisha VIH n’ibindi ariko nageze aho njya no mu byo kugurisha utwuma bakoresha bapima COVID-19. Aho niho naje gufatirwa.”

Avuga ko iyo bamuhaga iyi miti bayimuhaga ku giciro runaka nawe yayigurisha bakamwungura ku giciro runaka.

Yatanze urugero ko nk’iyo bamuhaga utwuma basuzumisha virusi itera SIDA, bakayimuhera Frw 8000 yageraga ahantu runaka bakayigura ku Frw 10 000, akunguka Frw 2000.

Umwe mu bamuhaga biriya bikoresho ni uwitwa Bonheur wo muri Centre de Santé ya Muhima, hari undi witwa kuri Dispensaire Ramuka iri ku Kagugu, hari undi mugore witwa Floride ukorera kuri Dispensaire Saint Pierre iri muri Kangondo ahitwa Bannyahe ndetse ngo hari n’undi muganga ukora kuri Poste de Santé iri i Karembure mu Murenge wa Gahanga.

Uwamuhaye ikiraka cyo kugurisha ibyuma bipima umuriro mu rwego rwo kureba ubwandu bwa COVID-19 yari yamusabye ko azamuzanira Frw 40 000 andi yabona yiyongereyeho kuri ayo akayitwarira.

- Advertisement -

Utwo twuma twari 15.

Polisi yasabye Abanyarwanda kwirinda gushakira amaramuko mu kwangiza no kugurisha ibitabagenewe ahubwo bagahitamo gukora bakiteza imbere.

CSP Sendahangarwa

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yanenze bariya bantu bahesheje isura mbi abaganga kuko ubusanzwe abaganga ari abantu bizerwa.

Yasabye abantu bose kandi kwamagana abantu bafite imikorere nk’iriya kandi aho bayumvise bakayitangaho amakuru.

TAGGED:FarumasifeaturedImitiMagenduSendahangarwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwategetse Ko Abayoboraga Gereza Ya Mageragere Bakomeza Gufungwa
Next Article Magufuli Agiye Gusezerwaho Mu Muhango Uzamara Iminsi Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?