Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2021 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yerekanye abagabo barimo umwe wiyemerera ko yaguraga imiti na bamwe mu bakozi b’ibigo nderabuzima na poste de santé zo hirya ngo hino mu Rwanda akajya kuyigurisha kuri make mu maduka agurisha imiti azwi nka Farumasi.

Hari n’undi wakoraga muri Farumasi y’Akarere ka Gasabo nawe wafataga imiti yayo akayigurisha n’abandi bantu bazaga kumuha amafaranga hanyuma nabo bakayijyana mu zindi Farumasi.

Uwavuze mbere y’abandi muri bo yavuze ko yatangiye buriya bujura mu Ukuboza 2017.

Yafashwe ubwo yangiraga no kugurisha utwuma dupima umuriro w’abantu nka kimwe mu bimenyetso bya COVID-19.

Ati: “ Nari nsanzwe ngurisha ibindi bikoresho bya kwa muganga birimo n’utuntu bapimisha VIH n’ibindi ariko nageze aho njya no mu byo kugurisha utwuma bakoresha bapima COVID-19. Aho niho naje gufatirwa.”

Avuga ko iyo bamuhaga iyi miti bayimuhaga ku giciro runaka nawe yayigurisha bakamwungura ku giciro runaka.

Yatanze urugero ko nk’iyo bamuhaga utwuma basuzumisha virusi itera SIDA, bakayimuhera Frw 8000 yageraga ahantu runaka bakayigura ku Frw 10 000, akunguka Frw 2000.

Umwe mu bamuhaga biriya bikoresho ni uwitwa Bonheur wo muri Centre de Santé ya Muhima, hari undi witwa kuri Dispensaire Ramuka iri ku Kagugu, hari undi mugore witwa Floride ukorera kuri Dispensaire Saint Pierre iri muri Kangondo ahitwa Bannyahe ndetse ngo hari n’undi muganga ukora kuri Poste de Santé iri i Karembure mu Murenge wa Gahanga.

Uwamuhaye ikiraka cyo kugurisha ibyuma bipima umuriro mu rwego rwo kureba ubwandu bwa COVID-19 yari yamusabye ko azamuzanira Frw 40 000 andi yabona yiyongereyeho kuri ayo akayitwarira.

Utwo twuma twari 15.

Polisi yasabye Abanyarwanda kwirinda gushakira amaramuko mu kwangiza no kugurisha ibitabagenewe ahubwo bagahitamo gukora bakiteza imbere.

CSP Sendahangarwa

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yanenze bariya bantu bahesheje isura mbi abaganga kuko ubusanzwe abaganga ari abantu bizerwa.

Yasabye abantu bose kandi kwamagana abantu bafite imikorere nk’iriya kandi aho bayumvise bakayitangaho amakuru.

TAGGED:FarumasifeaturedImitiMagenduSendahangarwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwategetse Ko Abayoboraga Gereza Ya Mageragere Bakomeza Gufungwa
Next Article Magufuli Agiye Gusezerwaho Mu Muhango Uzamara Iminsi Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?