Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2021 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yerekanye abagabo barimo umwe wiyemerera ko yaguraga imiti na bamwe mu bakozi b’ibigo nderabuzima na poste de santé zo hirya ngo hino mu Rwanda akajya kuyigurisha kuri make mu maduka agurisha imiti azwi nka Farumasi.

Hari n’undi wakoraga muri Farumasi y’Akarere ka Gasabo nawe wafataga imiti yayo akayigurisha n’abandi bantu bazaga kumuha amafaranga hanyuma nabo bakayijyana mu zindi Farumasi.

Uwavuze mbere y’abandi muri bo yavuze ko yatangiye buriya bujura mu Ukuboza 2017.

Yafashwe ubwo yangiraga no kugurisha utwuma dupima umuriro w’abantu nka kimwe mu bimenyetso bya COVID-19.

Ati: “ Nari nsanzwe ngurisha ibindi bikoresho bya kwa muganga birimo n’utuntu bapimisha VIH n’ibindi ariko nageze aho njya no mu byo kugurisha utwuma bakoresha bapima COVID-19. Aho niho naje gufatirwa.”

Avuga ko iyo bamuhaga iyi miti bayimuhaga ku giciro runaka nawe yayigurisha bakamwungura ku giciro runaka.

Yatanze urugero ko nk’iyo bamuhaga utwuma basuzumisha virusi itera SIDA, bakayimuhera Frw 8000 yageraga ahantu runaka bakayigura ku Frw 10 000, akunguka Frw 2000.

Umwe mu bamuhaga biriya bikoresho ni uwitwa Bonheur wo muri Centre de Santé ya Muhima, hari undi witwa kuri Dispensaire Ramuka iri ku Kagugu, hari undi mugore witwa Floride ukorera kuri Dispensaire Saint Pierre iri muri Kangondo ahitwa Bannyahe ndetse ngo hari n’undi muganga ukora kuri Poste de Santé iri i Karembure mu Murenge wa Gahanga.

Uwamuhaye ikiraka cyo kugurisha ibyuma bipima umuriro mu rwego rwo kureba ubwandu bwa COVID-19 yari yamusabye ko azamuzanira Frw 40 000 andi yabona yiyongereyeho kuri ayo akayitwarira.

Utwo twuma twari 15.

Polisi yasabye Abanyarwanda kwirinda gushakira amaramuko mu kwangiza no kugurisha ibitabagenewe ahubwo bagahitamo gukora bakiteza imbere.

CSP Sendahangarwa

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yanenze bariya bantu bahesheje isura mbi abaganga kuko ubusanzwe abaganga ari abantu bizerwa.

Yasabye abantu bose kandi kwamagana abantu bafite imikorere nk’iriya kandi aho bayumvise bakayitangaho amakuru.

TAGGED:FarumasifeaturedImitiMagenduSendahangarwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwategetse Ko Abayoboraga Gereza Ya Mageragere Bakomeza Gufungwa
Next Article Magufuli Agiye Gusezerwaho Mu Muhango Uzamara Iminsi Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?