Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafatiwe I Ngoma Bafite Frw 678,000 Y’Amakorano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bafatiwe I Ngoma Bafite Frw 678,000 Y’Amakorano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2021 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Kabiri nibwo Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Mutenderi abagabo babiri bafite Frw 678 000 Polisi ivuga ko yasuzumye isanga ari amakorano. Umwe muri

Bafatiwe mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Mutenderi, Akagari ka Mutenderi, Umudugudu wa Torero.

Chief Inspector of Police ( CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko amakuru Polisi yahawe n’abaturage ari yo yayifashije mu kugenza bariya bantu kugeza bafashwe.

Nyuma yo kwishyura umucuruzi Frw 50 000 nibwo abaturage bagenzuye basanga ariya mafaranga ari amiganano.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Yagize ati: “ Uko ari babiri bagiye ku mukozi wa kimwe mu bigo bitanga serivisi zo kubitsa, kubikuza no kohereza amafaranga kuri telefoni. Umwe muri bo yamusabye kumushyirira amafaranga kuri konti ye ya telefoni, amubikiraho  amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50. Mu gihe yarimo kubara ayo mafaranga bari bamuhaye (inoti z’ibihumbi bibiri) yumva ni nk’ibipapuro agira amakenga arashishoza.”

CIP Hamdun Twizeyimana

CIP Twizeyimana avuga ko uwo mucuruzi nyuma yo gushishoza yahise abona ko ayo mafaranga ari amiganano ahita atabaza abantu baratabara.

Abaturage bahise bakurikira ba bantu barabafata bahita bahamagara Polisi.

Ngo abaturage bamaze gufata bariya bantu bahamagara Polisi ihageze irasuzuma isanga bariya bantu bafite igikapu kirimo inoti  nshya 38  z’ibihumbi bitanu,  (190,000FRW), harimo inoti nshya  219 z’ibihumbi bibiri(438,000FRW) ukongeraho bya bihumbi 50 bari bahaye umukozi w’isosiyete y’itumanaho

Bamaze gufatwa, bavuze ko ariya mafaranga bayahawe n’umuntu wo mu Mujyi wa Kigali bari bamaze kugurishaho amabuye y’agaciro.

Gusa Polisi yarasuzumye isanga nta byangombwa bafite bigaragaza ko bacuruza amabuye y’agaciro nta n’ikimenyetso kigaragaza ko bayagurishije koko.

Bafatiwe i Mutenderi

CIP Hamdun Twizeyimana     yashimye  abaturage bagize uruhare mu gutuma bariya bantu bafatwa ariko anabakangurira kuba maso bakirinda umuntu wese wabashuka, kandi bakajya bihutira gutanga amakuru.

Bariya bantu bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kibungo kugira ngo hakorwe iperere.

Ikindi ni uko umwe muri bariya bantu yari asanzwe ashakishwa n’inzego z’umutekano acyekwaho icyaha cy’ubwambuzi bushukana.

Bivugwa ko undi bafatanywe inkiko zari ziherutse kumukatira igifungo cy’imyaka ibiri kubera ubucuruzi bwa magendu, umwaka umwe yarawufunzwe undi urasubikwa.

TAGGED:AmafarangafeaturedNgomaPolisiUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE
Next Article Kuba Gusura Pariki Y’Ibirunga Bihenze Bifite Akamaro-Umushakashatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?