Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Baho International Hospital Yasabye Imbabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Baho International Hospital Yasabye Imbabazi

admin
Last updated: 14 July 2021 2:00 pm
admin
Share
SHARE

Ibitaro bizwi nka Baho International Hospital byo mu Mujyi wa Kigali byasabye imbabazi ku mitangire mibi ya serivisi imaze igihe ibivugwamo, yamaganywe cyane kuva mu minsi ishize binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi bitaro bimaze iminsi ku gitutu, bishinjwa imitangire mibi ya serivisi no kutubahiriza amabwiriza y’isuku n’ubwirinzi muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Ni umuriro wakijwe n’uwitwa Lucy Mbabazi ku wa 10 Nyakanga, ubwo yandikaga kuri Twitter ko ibitaro bya Baho biciriritse cyane.

Baho Hospital is such a trifling place!

— L.Nshuti Mbabazi (@LucyMbabazi) July 10, 2021

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntabwo yahise atangaza uko byagenze, nubwo nyuma yaje kuvuga ko ari ibitaro bitubahiriza gahunda cyangwa ‘rendezvous’ iba yahawe umurwayi, ku buryo ahagera ku isaha yahawe agasanga hari abantu benshi bari imbere ye.

Byahise bitangirira aho, abantu benshi bijujutira serivisi zitangwa na biriya bitaro.

Gusa uwitwa Rwirima yavuze ko mu minsi itatu yamaze mu gihugu, umuhungu we yarwaye bamujyana kuri biriya bitaro kandi yitaweho uko bikwiye.

Ati “Ibi birantangaje.”

Oh wow 😯
I was 3 days new in the country, my son got very sick, we took him there and they took very good care of him. I am surprised by this. Maybe they have a few rotten apples that need to be taken out of the house?

— Rwirima (@Rwirima1) July 10, 2021

- Advertisement -

Mbabazi yaragarutse avuga ko ari amahire ko yakiriwe neza.

Gusa ati “Intabaza ya mbere ni ukudahana intera. N’abakozi ubwabo ntabwo batanga urugero cyangwa ngo bakaze ingamba muri iki gihe icyorezo kimeze nabi.”

Glad you had a great experience. The first red flag is social distancing. Even staff not setting example or reinforcing in this raging pandemic💔.

— L.Nshuti Mbabazi (@LucyMbabazi) July 10, 2021

Uwitwa Ori (@oruzibiza) we yageze kure avuga ko biriya bitaro byanamusuzumye bikamuvura indwara itariyo, icyitwa misdiagnosis.

Ati “Guhera ku gusuzumwa indwara itariyo inshuro 3 mu gihe cy’iminsi 7 kugeza ku guhura n’ikibazo cy’isuku nke ikabije mu bhe by’icyorezo, @BahoIntHospital ikwiye gukorwaho iperereza.” Ni ubutumwa yanageneye Minisiteri y’Ubuzima.

Hands down the worst hospital experience I have ever had. From receiving 3 misdiagnoses in the span of 7 days to being subjected to their alarming lack of hygiene in the middle of a pandemic, @BahoIntHospital needs to be investigated. @RwandaHealth https://t.co/7BYVbVbp8R

— Ori (@oruzibiza) July 10, 2021

Uwitwa Miche Byus yahise yungamo, avuga ko biriya bitaro byakira nabi abarwayi, ndetse n’uburyo bwo kwishyuza ari bubi kandi bufata igihe.

I totally agree with you Lucy. Especially when it comes to receiving patients. Their billing process is ridiculous and lengthy- the basics….their doctors- maybe one that I trust. Often, I leave confused, seeking a second opinion. @RwandaHealth @BahoIntHospital @RwandaMedicalAs

— Miche Byus (@michebyus) July 10, 2021

Ndahiro Derick yahise avuga ko we mu minsi ishize umuvandimwe we yaharwariye, baza kuhamukura kubera serivisi mbi bahawe.

Yakomeje ati “N’ikimenyimenyi nandikiye ubuyobozi bwaho, nkeka ko ahari bashatse ko ari njye uzisubiza.”

It’s not even a month ago, when my relative got admitted there but we decided to walk away from there due to poor services they provided as a matter of a fact , I emailed their staff , I guess they left me to respond to myself

— Ndahiro Derrick Alter🐎 (@NdahiroDerrickk) July 11, 2021

Uwitwa Rachel we yageze n’aho agira inama abantu ko igihe bakeneye serivisi z’ubuvuzi badakwiye kwirirwa bajya muri Baho kubera ibihe bibi yahagiriye.

Ati “Kuvuga ko navuwe uburwayi butari bwo ntabwo byaba bihagije.”

I also strongly advise against going to Baho! I had a terrible experience there as well. Saying that I was misdiagnosed is understatement😤

— Rachel I. S. (@Rachel_IS) July 10, 2021

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yaje kubona ubwo butumwa bwose, yizeza ko ibibazo byose babyumvise kandi bigiye gukorwaho igenzura mu masaha hagati ya 24-48.

Yashimangiye ko ashigikiye ubuvuzi bwubakiye ku kwita ku murwayi uko bikwiye.

#Rwanda MoH, complaints well noted .Quick assessment will be conducted in 24-48 hours by MOH Quality assurance team.Full support to patient centered care approach ! https://t.co/aIHMf91IQp

— Dr. Ngamije Daniel (@DrDanielNgamije) July 10, 2021

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Baho International Hospital, Janvier Munyaneza, yaje kubwira The New Times ko biriya byavuzwe byose byabatunguye, kuko nta mukiliya wigeze abegera ngo abagezeho ko yavuwe mu buryo butari bwo.

Harimo aho yagize ati “Duha agaciro gakomeye isuku kubera ko ibitaro bikwiye kuba bifite isuku ihagije. Twakira abakiliya benshi, by’umwihariko abanyamahanga, kandi nta buryo wabakiramo udafite isuku ihagije.”

Ni imvugo nayo yanenzwe na benshi kuko abanyamahanga atari bo batuma ahantu hagomba kuba isuku gusa.

Ni ibintu bitishimiwe n’Umuyobozi w’Urwego rw’Iterambere, RDB, rushishikajwe n’imitangire myiza ya serivisi.

Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi yanditse ati “Numijwe cyane n’ukwihagararaho kwa Baho muri iyi nkuru. Ni gute wahinduka niba udashobora kwicisha bugufi ngo wumve ibitekerezo by’abandi cyangwa ngo ugire icyo ubivugaho wabanje gucukumbura ibibazo byagaragajwe. Iki cyizere kidafite aho gishingiye si cyiza ku mitangire myiza ya serivisi.”

I am very disappointed by the defensiveness of Baho hospital in this article. How will you change if you can’t even be humble enough to take feedback or comment after thoroughly investigating the complaints. This false confidence isn’t good for service delivery. https://t.co/LtDndehDeg

— Clare Akamanzi (@cakamanzi) July 12, 2021

Nyuma y’iminsi ine yanabayemo iperereza rya Minisiteri y’Ubuzima, Ibitaro bya Baho byasabye imbabazi mu itangazo byasohoye, Taarifa yabonye.

Rigira riti “Mu izina ry’Inama y’Ubutegetsi, Ubuyobozi n’abakozi ba baho International Hospital (BIH), twifuje gusaba imbabazi abantu bose muri rusange by’umwihariko abarwayi bacu twatengushye mu minsi ishize muri serivisi.”

“Nyuma y’uko abarwayi bacu bagaragaje ko batishimiye serivisi ndetse n’imyanzuro y’igenzura ryakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, BIH yongeye kwiyemeza gushyira mu bikorwa ibishoboka byose kugira ngo abarwayi bose n’abakiliya bitabweho ku rwego rwo hejuru kandi bijyanye n’iterambere ry’urwego rw’ubuzima mu Rwanda.”

Byashimiye abagaragaje ibibazo byose, byiyemeza kubikurikirana hagamijwe kunoza imitangira ya serivisi n’ibindi bikorwa byose mu gihe kiri imbere.

Mu mvugo zose biriya bitaro byakoreshaga mbere bisubiza abagaragaje impungenge ku mikorere yabyo, nta na hamwe byasabaga imbabazi cyangwa ngo byizeze iperereza ku bivugwa n’abantu batandukanye.

Ibyo bikagaragaza ko imbabazi zasabwe ari umusaruro w’igitutu cya Minisiteri y’Ubuzima yahise ibikoraho iperereza, aho kuba umutimanama w’abayobozi b’ibitaro.

pic.twitter.com/jMf71uY1FY

— Baho International Hospital (@BahoIntHospital) July 14, 2021

TAGGED:Baho International HospitalClare AkamanziCOVID-19Dr Daniel Ngamijefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article WASAC Igiye Kugabanywamo Ibigo Bibiri
Next Article Abantu 24 Barimo Abanduye COVID-19 Bafatiwe Muri ‘Bridal Shower’
1 Comment
  • Pingback: Baho International Hospital Yafunzwe - Taarifa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?