Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Banki y’Isi Yahaye u Rwanda Miliyari Zisaga 100 Frw Zizashorwa Mu Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Banki y’Isi Yahaye u Rwanda Miliyari Zisaga 100 Frw Zizashorwa Mu Ikoranabuhanga

Last updated: 02 December 2021 8:26 am
Share
SHARE

Banki y’Isi yemeje inkunga ya miliyoni $100 (miliyari zisaga 100 Frw) zizafasha Guverinoma y’u Rwanda kwagura uburyo abantu bakoresha ikoranabuhanga muri serivisi za Leta no kongera ubushobozi mu guhanga ibishya mu ikoranabuhanga.

Ni amafaranga azatangwa binyuze mu kigega cya Banki y’Isi gitanga inguzanyo zihendutse n’inkunga ku bihugu bikennye (IDA), binyuze muri gahunda yiswe Scale Up Window igamije gufasha imishinga yihutisha iterambere n’impinduka.

Muri uwo mushinga hateganyijwemo ibikorwa byinshi birimo gufasha ingo 250,000 kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga no guhugura abantu bagera muri miliyoni eshatu ku mikoreshereze y’ibanze y’ikoranabuhanga, hibanzwe yane ku bakobwa n’abagore.

Banki y’Isi yatangaje ko uwo mushinga kandi uzazamura ubushobozi bwa Leta mu gukoresha ikoranabuhanga rihanitse mu bijyanye n’amakuru no kunoza serivisi 30 nshya cyangwa izisanzwe z’ikoranabuhanga zizashyirwa ku rundi rwego, binyuze mu ishoramari rizakorwa mu bikorwaremezo.

Bizatuma guverinoma yongera ubushobozi bwo gutanga serivisi nk’ibyemezo bitangwa mu ikoranabuhanga, nibura ku baturage 75%.

Bitegwanya kandi ko ayo mafaranga azifashishwa mu kongerera ubushobozi gahunda yo kwihangira imirimo mu ikoranabuhanga, kuzamura impano z’Abanyarwanda no gufasha ibigo bito kurenga icyiciro cy’ibigo bigitangira maze bigashinga imizi.

Nibura ibigo 300 bigitangira bizahabwa inkunga, hitawe ku byashinzwe n’abagore.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Rolande Pryce, yavuze ko kwagura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, gushyigikira imitangire ya serivisi za leta mu ikoranabuhanga no gushyigikira gahunda yo guhanga ibishya mu ikoranabuhanga, ari ngombwa mu mpinduramikorere mu ikoranabuhanga.

Ni igikorwa kizanatanga umusanzu mu kwihutisha urugendo rwo kuzahura ibikorwa byashegeshwe n’icyorezo cya COVID-19.

Yakomeje ati “Umushinga wo kwihutisha ikoranabuhanga mu Rwanda uhuriza hamwe ibyo byose ndetse uzatanga umusanzu mu cyerekezo cy’u Rwanda cyo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi no kuba igihugu gifite ubukungu buciriritse bitarenze umwaka wa 2035, binyuze mu kwifashisha ikoranabuhanga mu kwihutisha iterambere ry’ubukungu no kugabanya ubukene.”

Ni umushinga byitezwe ko uzanihutisha ishoramari ry’abikorera mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Impuguke ya Banki y’Isi mu Iterambere ry’ikoranabuhanga, Isabella Hayward, yavuze ko uyu mushinga uzafasha u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’ibikoresho na serivisi by’ikoranabuhanga bikaboneka mu buryo bworoshye.

Uzanaziba icyuho mu bumenyi mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, bityo abaturage barushaho gukenera serivisi zirishingiyeho.

Yakomeje ati “Uyu mushinga uzanashyigikira ibyifuzo bya Guverinma y’u Rwanda byo gutanga serivisi amasaha 24, nta mafaranga ahererekanya mu ntoki, hadakoreshwa inyandiko z’intoki haba mu nzego za Guverinoma, hagati ya Guverinoma n’ubucuruzi na guverinoma n’abaturage, haba ku nzego zo hejuru kugeza no ku murenge.”

Biteganywa ko uwo mushinga wa $100 uzaterwa inkunga bigizwemo uruhare na Asian Infrastructure Investment Bank (AIIB).

TAGGED:Banki y'IsifeaturedIkoranabuhangaRolande Pryce
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR-Inkotanyi Ishima Uburyo U Burusiya Buyobowe
Next Article Igice Cya II: Kuki Uganda Yanduranya? Kuki Isuzugura U Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?