Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barasaba Abafite Station Gusuzumisha Ubuziranenge Bw’Ibikomoka Kuri Petelori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Barasaba Abafite Station Gusuzumisha Ubuziranenge Bw’Ibikomoka Kuri Petelori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 November 2024 5:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Utwo twuma dufasha mu gupima niba essence cyangwa mazout yujuje ubuziranenge
SHARE

Mu kigo Vivo Energy Rwanda basaba abafite stations zicuruza ibikomoka kuri Petelori gukorana nabo kugira ngo babarebere niba nta binyabutabire bidakwiye bibirimo.

Umukozi wacyo witwa Felix Ufiteyezu akaba ashinzwe igenamigambi ry’ama Station avuga ko ubuziranenge ku bikomoka kuri Petelori ndetse mu kgi Vivo Energy Rwanda ari ibintu bashyize imbere.

Avuga ko ari ngombwa ko ibikomoka kuri petelori bisuzumwa kuko hari ubwo biva ku ruganda bimeze neza ariko bikazagera kuri station hari ibyangiritse.

Ufiteyezu avuga ko iyo petelori cyangwa essence ije mu bwato ikagera i Dar Es Salaam muri Tanzania cyangwa i Mombasa muri Kenya, ipakurwa igashyirwa mu bigunguru mbere y’uko ipakirwa amakamyo yoherezwa mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Essence cyangwa mazout bikoreshwa mu Rwanda akenshi bitumizwa muri Tanzania, bikavanwa ku cyambu cya Dar es Salaam.

Buri kimwe muri ibyo bigo gisuzuma niba ibikomoka kuri Petelori cyatumije hanze, byahageze byujuje ubuziranenge.

Felix Ufiteyezu ati:“ Dupima densité yayo tukareba ko nta zindi produits bashyizemo. Buriya buri mushoferi utwaye ikamyo, aba afite ibirango bya  essence cyangwa mazout atwaye”.

Felix Ufiteyezu

Avuga ko icyo gihe habaho guhuza ibyo azanye( ni ukuvuga ibyo bamusanganye) n’ibyanditse ku nyandiko kugira ngo harebwe niba koko bihuye.

Atangaza ko kugira ngo essence cyangwa mazout ibe ifite ubushyuhe bukwiye, igomba kuba ifite ubungana na degree Celsius 20.

- Advertisement -

Hanarebwa kandi ireme bwite ry’ibyo bintu byombi kugira ngo hamenyekane niba nta bindi byongewemo.

Iyo ibipimo bidahuye, hakurikiraho kureba niba nta kintu umushoferi yaba yakuyemo cyangwa ngo yongeremo.

N’ubwo amakamyo azana amavuta mu Rwanda aba afite ahantu hatwarwa ibikomoka hafunzwe neza ngo hatagira uyiba, ntibibuza ko hasuzumwa niba amavuta ageze mu gihugu ameze neza.

Mu gihe bigaragaye ko hari ibyongewemo, hatangizwa iperereza ngo harebwe uko byagenze.

Abacunga niba ibikomoka kuri petelori bizanwa mu Rwanda byujuje ubuziranenge bavuga ko bakora ku buryo biba bibwujuje hirindwa ko ababigura bazabisanga ukundi, bakabitakariza icyizere.

Kubera ko u Rwanda rudakora ku nyanja, ruhendwa no gutumiza ibikomoka kuri petelori hanze yarwo.

Niyo mpamvu ibyo rutumiza bigomba kuba ari byiza ku baturage kugira ngo bidahombya Leta n’abandi babitumiza hanze.

Felix Ufiteyezu avuga ko Vivo Energy ishaka kujya ifasha za stations gusuzuma ubuziranenge bw’ibikomoka kuri Petelori, bigakorerwa aho zubatse.

Ati: “Hari ibipimo bifatwa na RSB ariko ibintu byo gupimira kuri station tukaba twakwereka umukiliya wacu ko ibintu tumuhaye bihuje n’ibyo twamwijeje, ni umwihariko wacu kuko ntitubitegekwa n’itegeko”.

Avuga ko baguze ibikoresho bita “measuring cylinders” byo gupimisha kugira ngo zifashe abakiliya kwizera ko bahawe ibikomoka kuri petelori byujuje ubuziranenge koko.

Ibyo bikoresho biba byaremejwe n’Ikigo RSB kugira ngo zikoreshwe zizewe.

Vivo Energy Rwanda ni ikigo gikorana n’ikigo Engen.

Yatangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2019.

Gishinzwe gutumiza, gukusanya no gutanga ibikomoka kuri petelori hiya no hino Mu Rwanda.

Mu Rwanda gifite icyicaro gikuru mu nyubako yitwa YUSSA iri ahahoze ari kwa Makuza.

TAGGED:AmakamyofeaturedIbikomokaIkigoPeteloriVivo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahawe Miliyoni Є 20 Zo Gukomeza Guhashya Ibyihebe Byo Muri Mozambique
Next Article Rwanda: Kuki Amasezerano Y’Inguzanyo Za Banki Yandikwa Mu Ndimi Z’Amahanga?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?