Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barashinja REG Kwigabiza Amasambu Yabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Barashinja REG Kwigabiza Amasambu Yabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2022 1:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Bushekeri hari abaturage batakamba basaba ko Ikigo cy’Ingufu, Rwanda Energy Group, kigabije amasambu yabo kiyubakamo ibikorwa remezo batabimenyeshejwe.

Babwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko abakozi ba kiriya kigo bibangirije imyaka yari iteye mu masambu yabo, bakahacisha ibyuma by’amashanyarazi kandi ntibabarirwe ngo bishyurwe ibyabo.

Umwe muri abo baturage yitwa Baaratsikimba.

Atuye mu Mudugudu wa Kinini, Akagari ka Nyarusange, mu Murenge wa Bushekeri.

Avuga ko yabonye abantu bacukura mu butaka bwe, abajije ubuyobozi  bumubwira ko ntacyo bubiziho.

Ati “ Nabajije Mudugudu n’uw’Akagali bambwira ko ntacyo babiziho mbaza ushinzwe ubutaka mu Murenge ambwira ko nzandikira Akarere nkabamenyesha.”

Yabajije n’uyobora REG mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke amubwira ko ari bumuhamagare amaso ahera mu kirere.

Mu Murenge wa Bushekeri niho abashinja REG kubangiriza imitungo batuye

Undi muturage yitwa Mukamukungu Pascasie nawe avuga ko yabonye baza bashinga amapoto mu butaka bwabo nta nama bagishijwe.

Yunzemo ko bagiye kubona babona abantu baraje batangiye gutemagura imyaka bari barahinze kandi yarikuze.

Ati “Ntabwo batubariye ibyacu, turifuza ko baha agaciro ubutaka bwacu n’ibirimo bakatwishyura.”

Uwitwa Harindintwali asaba  ko bakurwa mu rujijo bakamenya niba bazishyurwa ibyabo byangijwe.

Ati “Twabyakiriye nabi, bagombaga kutubwira tukamenya aho bazatwara, turifuza ko batubarira ubutaka n’ibyangijwe bakabyishyura.”

Ubuyobozi bwa REG ngo bwababwiye ko habayeho kwimura ahagomba kunyuzwa uyu muyoboro, ko ikibazo kiri gukurikiranwa.

Ngo abafite ibyabo byangiritse bagomba kubarirwa bakishyurwa.

Mukankiko Bernice umukozi wa REG mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke ushinzwe ibikorwa byo gutanga ingurane yahaniye UMUSEKE ko ibyo abaturage bavuga ari byo, ahubwo avuga ko  babyumvikanye.

Ati: “Ntabwo twabikoze tutumvikanye n’abaturage.  Hari ababashije kuvugana nabo hari n’ababariwe, ikibazo cyagaragaye hari aho bagiye baza gushyira amapoto hakaba aho bagira deviation, barakigaragaje nanjye barakimpa mbyohereza i Kigali ntegereje ko baduha umwanzuro.”

Avuga ko  muntu witangira Leta ahubwo ‘niyo ifasha abantu bayo’ ikabagezaho amashanyarazi.

Mukankiko avuga ko ab’i Kigali bamubwiye ko bazohereza indi kipe ikareba aho bagiye bakora ‘deviation’ noneho bakabarirwa.

Itegeko N° 32/2015 ryo kuwa 11/06/2015 ryerekeye kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange mu ngingo yaryo ya 32 ivuga ko mu gihe nyir’ubutaka cyangwa nyir’ibikorwa byabukoreweho yemeye agaciro kagenwe n’abagenagaciro ashyira umukono cyangwa igikumwe ku nyandiko zabugenewe z’indishyi ikwiye yemejwe.

Icyakora bisa n’aho hari benshi batazi cyangwa se birengagiza nkana iri tegeko bakangiza imitungo y’abaturage, abaturage bagahora mu nzira bajya kubaza iby’umutungo wabo wangijwe ku maherere.

TAGGED:AbaturageAmasambiAmashanyaraziBushekerifeaturedNyamashekeREG
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yagurishije Ramaphosa Inyambo Zifite Agaciro Ka $120,000
Next Article FERWACY Yikomye Abategura Amasiganwa Y’Igare Batayimenyesheje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?