Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Basaba Ko Inguzanyo Baka Banki Zajya Zihutishwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Basaba Ko Inguzanyo Baka Banki Zajya Zihutishwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 5:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwiyemezamirimo uyobora Ikigo kitwa Nezeza Farms Ltd witwa Emmanuel Ufitingabire avuga ko hari imikorere ikwiye konoga muri bimwe mu bigo by’imari kuko hari ubwo rwiyemezamirimo yaka inguzanyo isanzwe itangwa mu byumweru bibiri ariko agategereza amezi abiri cyangwa atatu.

Ibi bigira ingaruka ku mucuruzi nk’iyo icyo ashakira iyo nguzanyo kihutirwa, urugero nko gutumiza imari runaka ikenewe byihutirwa imbere mu gihugu.

Umuyobozi w’iki kigo avuga ko ikigo akorera kandi ayobora gisanganywe imirimo y’ubworozi no kohereza hanze bimwe mu bibukomokaho.

Ni ikigo cyashinzwe n’abagore ngo bafatanye mu kuzamurana mu mikoro no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Bafasha abantu kohereza hanze ibyo bakora.

Mu bworozi bw’amatungo atandukanye bakora, Ufitingabire avuga ko bahura n’imbogamizi mu mikorere yabo ishingiye ku biciro by’ibiribywa by’amatungo biri hejuru.

Aborozi muri rusange bahura n’iki kibazo kubera ko iby’ingenzi mu biribwa by’amatungo ari ibigori na soya kandi ibi biribwa n’abantu barabikenera.

Ibiryo bw’amatungo ntibihenda ku ngurube gusa ahubwo n’iby’andi matungo arimo n’inkoko nabyo byihagazeho ku isoko.

Tugarutse ku byerekeye imbogamizi zigaragara mu mikorere y’ibigo runaka by’imari, Emmanuel Ufitingabire yabwiye Taarifa ati: “… Wambwira ute ukuntu umuntu agana Banki agatanga ingwate ye asaba amafaranga azishyura wenda kuko harimo Fund[Nkunganire] ya Leta ariko aba ari amafaranga uzishyura ku gaciro mwumvikanyeho ariko ukamara amezi arenga atatu utarasubizwa Yego cyangwa Oya kandi wenda komande wagombaga kuyitanga bitarenze ibyumweru bibiri?”

Avuga ko mu buryo bw’ubukungu ku rwego rw’igihugu ibi bigira ingaruka zikomeye kuko bidindiza ubukungu kuri benshi.

Izo nguzanyo baka mu binyuze mu kitwa Export Growth Fund gikorera muri Banki Nyarwanda y’Amajyambere.

Icyakora Ufingabire ashima Urugaga rw’abikorera ku giti cyabo, PSF, ko ubuvugizi bwabo bwagize akamaro.

Avuga kandi ko ari byiza ko abikorera nabo bakora uko bashoboye ngo bibonemo ibisubizo kugira ngo umurimo wabo ukomeze.

Uko kwishakamo ibisubizo harimo no kugerageza kugeza ibicuruzwa byabo mu mahanga mu bushobozi bwabo n’iyo inguzanyo batse yatinda.

Ati: “ Icyo twasaba Leta ku bijyanye nibyo dukora muri iki gihe turi mu mwaka wa nyuma wa NST1 ni ukunoza no gukurikirana uburyo gahunda nziza ziba zarateganyije zishyirwa mu bikorwa ku bufatanye natwe abikorera zajya zikurikizwa.”

Ikigo Nezeza Farms abereye umuyobozi gikorera mu Mujyi wa Kigali kikagira uruhare mu kongera ibyoherezwa hanze no guteza imbere ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi.

Bafite ibikorwa mu Murenge wa Mwogo aho bafasha abagore b’aho kwiteza imbere.

Muri uko guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, harimo no koroza abandi amatungo magufi harimo cyane cyane abagore n’abandi b’amikoro make.

Ubworozi babukorera mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo, ariko bukajyanirana n’ubuhinzi bw’ibinyampeke n’ibinyamisogwe kuko byunganira ubworozi binyuze mu bisigazwa babyo bigaburirwa amatungo.

Mu gusangiza abandi ubunararibonye, hari uburyo bashyizeho bwo guhanahana amakuru ajyanye n’ubworozi cyangwa ubuhinzi bise Smart Agriculture Value Chain Management ‘SMART AVC’.

Umutoni Marlette washinze iki kigo ngo giteze abandi bagore imbere.
TAGGED:BankiInguzanyoNkunganireUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kiliziya Gatulika Yatangaje Ibyemewe N’Ibibujijwe Ku Ishusho Ya Padiri Ubald
Next Article Kamonyi: Haravugwa Umugabo Wishe Umugore We Amunize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?