Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Basaba Ko Inguzanyo Baka Banki Zajya Zihutishwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Basaba Ko Inguzanyo Baka Banki Zajya Zihutishwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 5:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwiyemezamirimo uyobora Ikigo kitwa Nezeza Farms Ltd witwa Emmanuel Ufitingabire avuga ko hari imikorere ikwiye konoga muri bimwe mu bigo by’imari kuko hari ubwo rwiyemezamirimo yaka inguzanyo isanzwe itangwa mu byumweru bibiri ariko agategereza amezi abiri cyangwa atatu.

Ibi bigira ingaruka ku mucuruzi nk’iyo icyo ashakira iyo nguzanyo kihutirwa, urugero nko gutumiza imari runaka ikenewe byihutirwa imbere mu gihugu.

Umuyobozi w’iki kigo avuga ko ikigo akorera kandi ayobora gisanganywe imirimo y’ubworozi no kohereza hanze bimwe mu bibukomokaho.

Ni ikigo cyashinzwe n’abagore ngo bafatanye mu kuzamurana mu mikoro no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Bafasha abantu kohereza hanze ibyo bakora.

Mu bworozi bw’amatungo atandukanye bakora, Ufitingabire avuga ko bahura n’imbogamizi mu mikorere yabo ishingiye ku biciro by’ibiribywa by’amatungo biri hejuru.

Aborozi muri rusange bahura n’iki kibazo kubera ko iby’ingenzi mu biribwa by’amatungo ari ibigori na soya kandi ibi biribwa n’abantu barabikenera.

Ibiryo bw’amatungo ntibihenda ku ngurube gusa ahubwo n’iby’andi matungo arimo n’inkoko nabyo byihagazeho ku isoko.

Tugarutse ku byerekeye imbogamizi zigaragara mu mikorere y’ibigo runaka by’imari, Emmanuel Ufitingabire yabwiye Taarifa ati: “… Wambwira ute ukuntu umuntu agana Banki agatanga ingwate ye asaba amafaranga azishyura wenda kuko harimo Fund[Nkunganire] ya Leta ariko aba ari amafaranga uzishyura ku gaciro mwumvikanyeho ariko ukamara amezi arenga atatu utarasubizwa Yego cyangwa Oya kandi wenda komande wagombaga kuyitanga bitarenze ibyumweru bibiri?”

Avuga ko mu buryo bw’ubukungu ku rwego rw’igihugu ibi bigira ingaruka zikomeye kuko bidindiza ubukungu kuri benshi.

Izo nguzanyo baka mu binyuze mu kitwa Export Growth Fund gikorera muri Banki Nyarwanda y’Amajyambere.

Icyakora Ufingabire ashima Urugaga rw’abikorera ku giti cyabo, PSF, ko ubuvugizi bwabo bwagize akamaro.

Avuga kandi ko ari byiza ko abikorera nabo bakora uko bashoboye ngo bibonemo ibisubizo kugira ngo umurimo wabo ukomeze.

Uko kwishakamo ibisubizo harimo no kugerageza kugeza ibicuruzwa byabo mu mahanga mu bushobozi bwabo n’iyo inguzanyo batse yatinda.

Ati: “ Icyo twasaba Leta ku bijyanye nibyo dukora muri iki gihe turi mu mwaka wa nyuma wa NST1 ni ukunoza no gukurikirana uburyo gahunda nziza ziba zarateganyije zishyirwa mu bikorwa ku bufatanye natwe abikorera zajya zikurikizwa.”

Ikigo Nezeza Farms abereye umuyobozi gikorera mu Mujyi wa Kigali kikagira uruhare mu kongera ibyoherezwa hanze no guteza imbere ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi.

Bafite ibikorwa mu Murenge wa Mwogo aho bafasha abagore b’aho kwiteza imbere.

Muri uko guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, harimo no koroza abandi amatungo magufi harimo cyane cyane abagore n’abandi b’amikoro make.

Ubworozi babukorera mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo, ariko bukajyanirana n’ubuhinzi bw’ibinyampeke n’ibinyamisogwe kuko byunganira ubworozi binyuze mu bisigazwa babyo bigaburirwa amatungo.

Mu gusangiza abandi ubunararibonye, hari uburyo bashyizeho bwo guhanahana amakuru ajyanye n’ubworozi cyangwa ubuhinzi bise Smart Agriculture Value Chain Management ‘SMART AVC’.

Umutoni Marlette washinze iki kigo ngo giteze abandi bagore imbere.
TAGGED:BankiInguzanyoNkunganireUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kiliziya Gatulika Yatangaje Ibyemewe N’Ibibujijwe Ku Ishusho Ya Padiri Ubald
Next Article Kamonyi: Haravugwa Umugabo Wishe Umugore We Amunize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?