Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Batangije Indi Gahunda Yo Kurengera Uburenganzira Bw’Ab’Igitsina Gore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Batangije Indi Gahunda Yo Kurengera Uburenganzira Bw’Ab’Igitsina Gore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 8:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mujyi wa Kigali hatangijwe uburyo bwiswe ‘Community of Feminist Practice bwo kungurana ibitekerezo no guharanira ko ihohoterwa ricika ndetse n’uburyo uburinganire busesuye bwagerwaho.

Mu rwego rwo kugira ngo ibigamijwe muri iyi gahunda bigerweho, hashyizweho urubuga nyungurana bitekerezo ruhuza abantu n’inzego zitandukanye zikora k’ uburenganzira bw’ umugore n’ umukobwa kugira ngo bahuze imbaraga, ubunararibonye n’ ubushobozi  mu rugendo rwo kubahiriza no gushyira mu bikorwa ihame ry’ uburinganire.

Iyi gahunda izaba ifite igice kigamije kwigisha no gutanga amakuru kuri murandasi kubijyanye n’ ihame ry’ uburinganire.

Hari kandi n’uburyo buhoraho abagore, abakobwa ndetse n’abagabo bazajya bahura bakaganira uko ibyo byose byanozwa.

Babwise feminist cafés.

Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi y’Umuryango Paper Crown Rwanda witwa Prudent Gatera avuga ko imikoranire nk’iyo ari ingenzi kugira ngo yaba abagore cyangwa abagabo, bose babe mu gihugu kitagira uwo giheza.

Gahunda ya Community of Feminist Practice yashyizweho kandi ku bufatanye n’umuryango udaharanira inyungu Kvinna Till Kvinna.

Iki gikorwa cyahujwe kandi no kwizihiza iminsi 16 y’ ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Iyi gahunda ije yiyongera ku zindi gahunda za Guverinoma y’u Rwanda zo kwimakaza ihame ry’ uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

TAGGED:AbagorefeaturedIhuriroUburinganire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikorere Y’Inyenzi Nk’Uko Rutaremara Abivuga
Next Article Imikoranire Mishya Y’U Rwanda N’Ubwongereza Yatumye Minisitiri Yegura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?