Mu rwego rwo gushyigikira iterambere ry’abaturage, ikigo gitanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, Bboxx, cyashyikirije amavomo rusange atandatu abatuye Umurenge wa Ndera, mu Mujyi wa Kigali.
Ayo mavomo yubatswe mu midugudu ibiri yo mu Kagali ka Mukuyu, mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Ni mu gace abaturage batarabasha kugira amazi mu ngo, ugasanga biringira amavomo rusange rimwe na rimwe ategereye ingo zabo, kandi bakayahuriraho ari benshi cyane.
Umuyobozi wa Bboxx mu Rwanda Justus Mucyo, yavuze ko nubwo iki kigo gikora mu bijyanye n’amashanyarazi, kizirikana ko kigomba gufasha abaturage mu iterambere ry’imibereho yabo. Ni igikorwa ngo kiba buri mwaka.
- Kwmamaza -
Yagize ati “Rero muri uyu mwaka n’umwaka ushize turi mu bihe by’icyorezo [cya COVID-19], ni yo mpamvu twatekereje ikintu cyagira akamaro kurusha ibindi, dusanga nta kintu cyarenza amazi meza.”
“Murabizi ko zimwe mu ngamba zashyizweho ari ugukaraba, muhane intera, wakaraba ute rero udafite ayo mazi? Amazi abantu wenda barayafite ariko ari kure, icyo twabonye gikwiye ni uko twakwegereza abaturage ayo mazi meza.”
Umuyobozi wa Polisi mu Umurenge wa Ndera, IP Ruzindana Olive, na we yashimagiye ko abaturage bagomba gusigasira ibi bikorwaremezo begerejwe.
Bboxx ikorera mu gihugu hose, ikagira abakozi barenga 500.
Ubuyobozi bwayo buvuga ko uretse gutanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, irimo no gutekereza uko yazunganira baturage no mu bindi bikorwa nko mu guteka kijyambere, hagamijwe kugabanya umwanya batakaza cyangwa indwara bashobora guterwa no guteka bisanzwe.
Imibare y’Ikigo gishinzwe ingufu (REG) igaragaza ko kugeza muri Nzeri 2021 ingo 66.8% zagerwagaho n’amashanyarazi, harimo 48.4% zafatira ku muyoboro mugari w’igihugu na 18.4% zakoresha izindi ngufu ziganjemo izikomoka ku mirasire y’izuba.
Bboxx ivuga ko imaze kugeza amashanyarazi akomoka ku zuba ku baturage nibura 7% kuva mu myaka itandatu ishize.
Mu gihe biteganywa ko mu 2024 Abaturarwanda bose bazaba bafite amashanyarazi, Bboxx iteganya ko izaba icanira hagati y’ingo 15-20 %.
Umuyobozi wa Bboxx mu Rwanda Justus MucyoAbaturage bishimiye kwegerezwa amazi meza
Abakozi ba Bboxx bafasha abaturage kuvoma bwa mbere kuri iyi sokoIbyishimo byari byose ku baturage