Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bemeza Ko Guterwa AstraZeneca Ya Gatatu Birinda Omicron Ku Kigero Kinini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Bemeza Ko Guterwa AstraZeneca Ya Gatatu Birinda Omicron Ku Kigero Kinini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2022 10:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga bo muri Kaminuza ya Oxford  bavuga ko urukingo rwa AstraZenica bakoze rwagaragaje ko rufite ubushobozi buhagije bwo gutuma uwaruhawe agira umubiri ufite ubudahangarwa buhagije ku bwandu bushya bwa COVID-19 bwitwa Omicron.

Ibi barabyemeza nyuma y’uko bapimwe impagaririzi( sample) y’abantu bahawe urukingo rushimangira rwa AstraZenica.

Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’abahanga bo muri Oxford bwerekanye ko abantu bahawe urukingo rwo gushimangira rwo mu bwoko bwa AstraZenica bagize abasirikare bari

Bivugwa ko abahawe ruriya rukingo bagize abasirikare benshi ugereranyije n’abantu bahawe inkingo ebyiri gusa.

Abasirikare bo mu mibiri yabo barazamutse k’ubruyo bugaragara ugereranyije n’uko imibiri yabo yari yihagazeho mu bihe bya mbere bya COVID-19 ikiri  Alpha, Beta na Delta.

Abasirikare bitwa T-cells

Urukingo rwa kabiri rwa COVID-19 rwo mu bwoko bwa AstraZenica rwafashije abantu kutaremba kubera ubwandu bwa Delta mu gihe urukingo rwa gatatu( rushimangira) rufasha abantu kutarembywa na Omicron.

Iyi niyo mpamvu za Leta ziri gusaba abaturage guhabwa urukingo rwa gatatu rushimangira ubudahangarwa.

Imibare yatangajwe n’abahanga bo muri Kaminuza ya Oxford yerekana ko abantu 41 bakoreweho ubushakashatsi byagaragaye ko amaraso yabo yiremyemo ubudahangarwa buhagije nyuma yo guhabwa urukingo rwa gatatu rwa AstraZeneca.

Ibyavuye muri buriya bushakashatsi bwamuritswe mu kinyamakuru kivuga ku makuru y’ubuvuzi kitwa bioRxiv pre print server.

Umwarimu muri Kaminuza witwa Professor Sir John Bell, wigisha ibinyabuzima muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yagize ati: “ Birashishikaje kubona ukuntu AstraZenica izamura ubudahangarwa mu mubiri w’umuntu ntahungabanywe na Omicron! Ni inkuru nziza ifasha abantu kwizera ko guhabwa urukingo rwa gatatu ntacyo bibatwara, bigakorwa mu rwego rwo kurinda abantu Omicron.”

Undi muhanga witwa Sir Mene Pangalos uyobora ikigo gicuruza imiti kitwa , BioPharmaceuticals R&D avuga ko urukingo AstraZeneca rwagize uruhare rufatika mu gutuma ku abantu bakingirwa kandi ngo imibare yerekana ko imibiri yabo ifite ubushobozi bwo gukomeza kwihagararaho niyo yaba ihuye na Omicron.

Ku rundi ruhande, uyu muhanga avuga ko hakiri akazi kenshi ko kumenya imiterere nyayo n’imikorere idahindagurika ya Omicron.

Ubundi kugira ngo umubiri ubone ubwirinzi, bisaba ko urukingo ruwuha uburyo bwo kurema abasirikare bita T-cells.

Aba bafasha umubiri kwigizayo imbaraga virusi iba izanye kuko iyo ije ibasanga, isanga barayiteguye hakiri kare, bayimenyereye ntibace intege,

Abayobozi b’ikigo AstraZeneca bavuga ko bari gukusanya imibare mu bitaro byo hirya no hino muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara kugira ngo barebe uko imibiri y’abatewe ruriya rukingo yirwitwayeho muri rusange.

TAGGED:AbahangaAbasirikareAstraZenecafeaturedKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 11 Bo Muri Gasabo Na Bugesera Nibo Bahitanywe N’Inzoga Umuneza
Next Article Abandura COVID-19 Muri Amerika Barenze Miliyoni Imwe Ku Munsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?