Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Muri Israel Ati: “Uwarashe Abana Mu Bitaro Ni Uwo Ku Rundi Ruhande”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Biden Muri Israel Ati: “Uwarashe Abana Mu Bitaro Ni Uwo Ku Rundi Ruhande”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege ya Tel Aviv muri Israel akakirwa na Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu, Perezida w’Amerika Joe Biden avuga ko abantu barashe mu bitaro ibisasu bikica abana bari baharwariye, ari ‘abo ku rundi ruhande’.

Ntiyeruye ngo avuge abo bantu abo ari bo, ariko abenshi bumvise ko yavugaga abarwanyi ba Hamas bo muri Palestine.

Ni igitero bivugwa ko cyaguyemo abantu 500 biganjemo abana.

Uruzinduko rwa Biden muri Israel ruje gucubya umujinya wa Israel ivuga ko ishaka kwihimura kuri Hamas, ikayirimbura burundu k’uburyo itazongera kuba nk’uko yahoze mu gihe cyose cyatambutse.

Igitero cyagabwe ku bitaro bya al-Ahli Hospital biri muri Gaza, bikaba byari byahungiyemo abantu benshi biganjemo abana n’abagore.

Buri ruhande mu zihanganye muri iki kibazo rushinja urundi kuba ari rwo rwarashe muri biriya bitaro.

Ubwo yari amaze gusuhuzanya na Netanyahu, Biden yamubwiye ko akurikije uko yabonye ibintu, asanga ‘byarakozwe n’urundi ruhande’

Biden uabwiye Netanyahu ko abarashe mu bitaro birimo abana ari abo ku rundi ruhande

Haribazwa ikiri bukurikire uruzinduko rwa Biden muri Israel kuko bikekwa ko nyuma y’uru ruzinduko ari bwo intambara hagati ya Israel na Hamas izahita itangira.

Ku rundi ruhande, Hamas nayo yizeye ubufasha izahabwa n’ibihugu by’Abarabu nka Iran kuko iherutse no kubitangaza.

Ubutegetsi bwa Teheran buvuga  ko bwiteguye kuzafasha Hamas niramuka itewe kandi ngo n’abarwanyi ba Hezbollah nabo bariteguye.

Abanyamerika n’Abanyaburayi nabo bavuga ko bazafasha Israel mu ntambara yayo kuko ngo idashobora kugira ikibazo icyo ari cyo cyose ngo babure kuyiba hafi.

TAGGED:AbanaAmerikaBidenIbitaroIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CAF Yemeye Kwamamaza U Rwanda Binyuze Muri ‘Visit Rwanda’
Next Article Amafoto: Abazungu Bari Gutoza Cyane Ingabo Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?