Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Biden Yakiriye Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Biden Yakiriye Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2022 6:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Amerika Joseph(Joe) R. Biden yaraye yakiriye Perezida Kagame ku meza. Iki gikorwa cyo gutsura umubano hagati y’Amerika n’Afurika kitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu by’Afurika bitabiriye Inama yo ku rwego rwo hejuru iri guhuza impande zombie.

Iyi nama yaherukaga kuba mu myaka umunani(8) ishize. Yitwa USA-Africa Leaders Summit 2022.

Biden yafatanye ifoto y’urwibutso kandi n’abandi bakuru b’ibihugu by’Afurika byitabiriye iriya nama

Nta byinshi byatangajwe ku byo Kagame yaba yaganiriye na Biden ariko muri iki gihe u Rwanda rwabereye ibamba Amerika kuko yarusabye kurekura Paul Rusesabagina rurabyanga.

Kigali isobanurira Washington ko uwo yita umuturage w’Amerika, yakoreye Abanyarwanda ibyaha bihanwa n’amategeko kandi ko yafashwe agashyikirizwa ubutabera, agakatirwa.

Iby’’uko agomba kurekurwa byanze bikunze kubera ko Amerika ibishaka, u Rwanda rwarabigaramye.

Si ikibazo cya Rusesabagina gusa ahubwo Amerika ivuga ko u Rwanda rutera inkunga mu buryo butaziguye umutwe wa M23 wazengereje ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Umukuru warwo Paul Kagame avuga ko ibibazo bya DRC bireba abayobozi bayo, ko bagombye gukora politiki ziha abayituye bose amahoro, ntihagire abahezwa ku byiza by’igihugu.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rufite ibibazo birureba rugomba gukemura, ko mu byo rushinzwe nta bibazo DRC birimo.

Perezida Kagame Yavuze Uko Ikibazo Cy’Umutekano Mucye Muri DRC Cyakemuka

TAGGED:AmerikaBidenDRCfeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Akarere Kabungabunze Inyamaswa ‘Z‘Inzobe’
Next Article U Rwanda Rwaciye Ibinini Byitwa Ketoconazole Ku Isoko Ryarwo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?