Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Birababaje Kuba Ikawa Idatunze Bihagije Abayihinga: Minisitiri Dr. Mukeshimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Birababaje Kuba Ikawa Idatunze Bihagije Abayihinga: Minisitiri Dr. Mukeshimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2023 2:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’umushyitsi mukuru mu nama mpuzamahanga y’iminsi ibiri iri kubera mu Rwanda, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana yavuze ko n’ubwo ikawa ari kimwe mu binyobwa by’ingirakamaro kurusha ibindi ku isi, abayihinga atari bo igirira akamaro kanini.

Inama iri kubera mu Rwanda iri kwigirwamo uko abahinga ikawa bafashwa kurushaho kuyizamurira umusaruro mu bwinshi no mu bwiza.

Mu kuganira uko abahinzi batezwa imbere, abitabiriye iriya nama bazaganira icyakorwa ngo abayihinga babone ifumbire n’ibindi nkenerwa kugira ngo yere kandi ari nyinshi.

Yitabiriwe n’abantu bo mu bihugu birenga 40 byo hirya no hino ku isi.

Mu Burayi no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika aho banywa ikawa kurusha ahandi ku isi, sibo bahinga nyinshi.

Ibice by’Afurika bihinga ikawa nibyo binywa nke cyane.

Ahenshi ni muri Afurika no muri Aziya.

Ikindi ni uko no mu bihugu biyihinga, abenshi mu bayinywa ni abakire batayihinga.

Birashoboka ko iyi ari yo mpamvu yatumye Minisitiri Dr. Mukeshimana agira ati: “ N’ubwo ikawa iri mu binyobwa byamamaye kandi bifitiye umubiri w’umuntu akamaro kurusha ibindi mu isi, ntabwo igirira akamaro abahinzi bayo babarirwa muri za miliyoni baba hirya no hino ku isi nk’uko byari bikwiye.”

Yunzemo ko igihe kigeze ngo impande zose zikorane hagamijwe ko umuhinzi w’ikawa nawe ayinywa kandi ikamugirira akamaro kanini.

Dr. Mukeshimana avuga ko ari ngombwa ko ingo z’abahinzi b’ikawa babaho ubuzima bububahishije mu bandi.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abahinzi b’ikawa muri Colombia  akaba ari nawe uyobora iri huriro jku rwego rw’isi witwa  Juan Esteban Orduz yavuze ko guhuriza hamwe abahinzi b’ikawa, abayigura, abayitunganya, abarimu n’abandi bakora mu buhinzi ari uburyo bwiza bwo kwigira hamwe uko yatezwa imbere, abayihinga nabo batibagiranye.

Orduz avuga ko gukorana hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abahinzi b’ikawa bizatuma yera ari nyinshi byungure ibihugu biyihinga kandi bihaze ibihugu binywa nyinshi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, ikawa ni ikinyobwa cy’ingirakamaro haba ku buzima bw’Abanyarwanda ndetse no k’ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi, NAEB, kivuga ko ikawa u Rwanda rwohereje hanze umwaka ushize yarwinjirije $ 105,034,794.

Inama mpuzamahanga y’abahinga ikawa iri kubera mu Rwanda yabanjirijwe n’ingendoshuri zakozwe n’abaturutse mu bindi bihugu bajya kwerekwa uko abayihinga mu Karere ka Rwamagana no mu Karere ka Gakenke babigenza.

Yitabiriwe n’abantu 1,000.

TAGGED:AbahinzifeaturedIkawaIkigoMukeshimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Abo Mu Mashuri Yisumbuye Bigira Mu Nyubako Z’Akagari
Next Article Shampiyona Ya Handball Iratangira, Gicumbi Handball Yiyemeje Kuzacyegukana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?