Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Birababaje Kuba Ikawa Idatunze Bihagije Abayihinga: Minisitiri Dr. Mukeshimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Birababaje Kuba Ikawa Idatunze Bihagije Abayihinga: Minisitiri Dr. Mukeshimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2023 2:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’umushyitsi mukuru mu nama mpuzamahanga y’iminsi ibiri iri kubera mu Rwanda, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana yavuze ko n’ubwo ikawa ari kimwe mu binyobwa by’ingirakamaro kurusha ibindi ku isi, abayihinga atari bo igirira akamaro kanini.

Inama iri kubera mu Rwanda iri kwigirwamo uko abahinga ikawa bafashwa kurushaho kuyizamurira umusaruro mu bwinshi no mu bwiza.

Mu kuganira uko abahinzi batezwa imbere, abitabiriye iriya nama bazaganira icyakorwa ngo abayihinga babone ifumbire n’ibindi nkenerwa kugira ngo yere kandi ari nyinshi.

Yitabiriwe n’abantu bo mu bihugu birenga 40 byo hirya no hino ku isi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Burayi no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika aho banywa ikawa kurusha ahandi ku isi, sibo bahinga nyinshi.

Ibice by’Afurika bihinga ikawa nibyo binywa nke cyane.

Ahenshi ni muri Afurika no muri Aziya.

Ikindi ni uko no mu bihugu biyihinga, abenshi mu bayinywa ni abakire batayihinga.

Birashoboka ko iyi ari yo mpamvu yatumye Minisitiri Dr. Mukeshimana agira ati: “ N’ubwo ikawa iri mu binyobwa byamamaye kandi bifitiye umubiri w’umuntu akamaro kurusha ibindi mu isi, ntabwo igirira akamaro abahinzi bayo babarirwa muri za miliyoni baba hirya no hino ku isi nk’uko byari bikwiye.”

- Advertisement -

Yunzemo ko igihe kigeze ngo impande zose zikorane hagamijwe ko umuhinzi w’ikawa nawe ayinywa kandi ikamugirira akamaro kanini.

Dr. Mukeshimana avuga ko ari ngombwa ko ingo z’abahinzi b’ikawa babaho ubuzima bububahishije mu bandi.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abahinzi b’ikawa muri Colombia  akaba ari nawe uyobora iri huriro jku rwego rw’isi witwa  Juan Esteban Orduz yavuze ko guhuriza hamwe abahinzi b’ikawa, abayigura, abayitunganya, abarimu n’abandi bakora mu buhinzi ari uburyo bwiza bwo kwigira hamwe uko yatezwa imbere, abayihinga nabo batibagiranye.

Orduz avuga ko gukorana hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abahinzi b’ikawa bizatuma yera ari nyinshi byungure ibihugu biyihinga kandi bihaze ibihugu binywa nyinshi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, ikawa ni ikinyobwa cy’ingirakamaro haba ku buzima bw’Abanyarwanda ndetse no k’ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi, NAEB, kivuga ko ikawa u Rwanda rwohereje hanze umwaka ushize yarwinjirije $ 105,034,794.

Inama mpuzamahanga y’abahinga ikawa iri kubera mu Rwanda yabanjirijwe n’ingendoshuri zakozwe n’abaturutse mu bindi bihugu bajya kwerekwa uko abayihinga mu Karere ka Rwamagana no mu Karere ka Gakenke babigenza.

Yitabiriwe n’abantu 1,000.

TAGGED:AbahinzifeaturedIkawaIkigoMukeshimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Abo Mu Mashuri Yisumbuye Bigira Mu Nyubako Z’Akagari
Next Article Shampiyona Ya Handball Iratangira, Gicumbi Handball Yiyemeje Kuzacyegukana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?