Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bisi Z’Amashanyarazi Nazo Ziri Hafi Kuza Muri Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Bisi Z’Amashanyarazi Nazo Ziri Hafi Kuza Muri Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2023 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko hari minibisi 10 zikoresha amashanyarazi ziherutse kuzanwa mu Rwanda, ubu hari inkuru y’uko mu gihe kitarambiranye hazaza na bisi nini zikoresha amashanyarazi. Ni izi ikigo BasiGo gifite ishami muri Kenya.

Ikigo BasiGo cyahawe inkunga yarenga  miliyoni $ 1 azifashishwa mu  kugura bisi zikoresha amashanyarazi zizakoreshwa mu mihanda yo mu Rwanda.

Kuri  X, BasiGo Rwanda yavuze ko iriya ari inkunga bahawe n’Ikigo cya Amerika gishinzwe Iterambere, USAID, yo gukomeza kwagura no guteza imbere ubwikorezi rusange butangiza ibidukikije mu Rwanda.

Haranditse hati “Ni inkunga twakiriye mu gihe bisi zitwara abagenzi ku buryo bwa rusange zizakoreshwa mu Rwanda zamaze kugezwa muri Afurika y’Uburasirazuba, ndetse ubu hari gushyirwa mu bikorwa uburyo bwo kuzigeza mu Rwanda.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri Nyakanga, 2023 ni bwo BasiGo yinjiye ku isoko ry’u Rwanda; icyo gihe bikaba byaratangajwe ko imodoka zayo za mbere zizakoreshwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali guhera mu Ukwakira, 2023.

Mu mikorere yacyo, ikigo BasiGo giha bisi zikoresha amashanyarazi ibindi bigo hanyuma bikazikodesha hakishyurwa hakurikijwe ibilometero ikinyabiziga cyagenze.

Ubu buryo babwita Pay as you Drive.

Iki kigo gifitanye amasezerano n’ikigo AC Mobility gisanzwe gifasha abagenzi kwishyura ingendo hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Tap&Go.

Umuyobozi Mukuru wa BasiGo akaba n’umwe mu bayishinze, Jit Bhattacharya avuga ko bishimiye iyi nkunga bahawe mu guteza imbere gahunda yo kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije u Rwanda rwihaye.

- Advertisement -

BasiGo ivuga ko mu Ukwakira, 2023 ari bwo yatangiye  kugerageza ishoramari ryayo, itangira itwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ku ikubitiro BasiGo izakorana n’ibigo bya Kigali Bus Service, Royal Express na Volcano.

Ibi bigo bizahabwa kandi ahantu ho gushyiriramo amashanyarazi ndetse n’amagaraje yo kuzikora igihe cyose zagize ikibazo.

BasiGo yatangaje kandi ko ku bufatanye na Leta y’u Rwanda ndetse na USAID, iki kigo giteganya ko mu 2025 kizaba cyagejeje mu Rwanda bisi 200  z’amashanyarazi

Ni gahunda iri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo kongera imodoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, bikajyana n’intego y’uko nibura 20% by’imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda, zizaba zikoresha amashanyarazi mu mwaka wa 2030.

TAGGED:AmashanyaraziBisifeaturedimodokaKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bw’Isi Buri Mu Manegeka
Next Article Bunyoni Yabwiye Urukiko Ko u Rwanda Rwinjiye Muri Telefoni Ye Rutuma Afatwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?