Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Blackberry ‘Zitagezweho’ Zigiye Kuva Ku Isoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Blackberry ‘Zitagezweho’ Zigiye Kuva Ku Isoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaturutse muri MTN Rwanda rivuga ko Telefoni zitwa Blackberry zizaba zatagikora guhera tariki 04, Mutarama, 2022. Abasanzwe bakoresha telefoni zo muri ubu bwoko zikoresha ikoranabuhanga ryitwa BBOS 7.1, BBOS 10 na BBOS 2.1 barasabwa kwegera MTN  bagahindurirwa imikorere ya telefoni zabo.

Iyi mikorere bayita operating systems.

MTN yatangaje ko abashaka kugura izindi telefoni zo muri buriya bwoko ariko zifite imikorere ivuguruye bazagabanyirizwaho 5%.

Umuntu uzaba atarahindura imikorere ya Blackberry ye ntazashobora kwitaba, guhamagara, kohereza cyangwa kwakira ubutumwa ndetse n’uburyo bita  1-1-2 [functionality]ntibuzakora.

Ubusanzwe BlackBerry ni telefoni ikomeye kandi ikozwe k’uburyo itekanye kurusha inyinshi ziriho ubu.

Ifasha ibigo by’umutekano, ibya Leta n’iby’abikorera kutagira umujura winjira mu makuru yabyo uko yishakiye nta mbogamizi ahuye nazo.

Bishingiye ku mikorere ya ziriya telefoni n’uko umutekano mu ikoranabuhanga uhagaze muri iki gihe, abayobozi bo mu kigo gikora kikanatanga ziriya telefoni bavuga ko mu mwaka wa 2017 bahaye igihe abazifite ngo babe bazishyize ku mikorere yari igezweho yo kurinda ikoranabuhanga.

Iriya myaka ibiri yagiye gushira ihurirana n’uko isi muri rusange yari iri mu kaga yatewe na COVID-19.

Byabaye ngombwa ko abantu bongererwa igihe kugeza tariki 04, Mutarama, 2022.

Indi mikorere ya Blackberry izahagarara harimo iyitwa Enhanced Sim Based Licensing (ESBL) / Identity Based Licensing (IBL), ubwo bwa BlackBerry bwo kwakira emails, BlackBerry Link, BlackBerry Desktop Manager, BlackBerry Blend n’uburyo buyirinda kwinjirirwa n’abagizi ba nabi bitwa  BlackBerry Protect.

Itangazo rya MTN k’ukuvaho wa Blackberry…

Effective 4th January 2022, all BlackBerry devices will be terminated. Be an early bird and enjoy a 5% discount toward your new smartphone purchase when you trade in your old BlackBerry device. Visit https://t.co/xBUDnEaWnO to learn more about the offer. #BrighterLives pic.twitter.com/9kNT6BMJC4

— MTN Rwanda (@MTNRwanda) December 13, 2021

TAGGED:BlackberryfeaturedImikorereMTNtelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yifurije Ramaphosa Gukira COVID-19 Vuba
Next Article Tombola Ya UEFA Champions League Yasheshwe, Isubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?