Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bobi Wine yatangiye kwivuga intsinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bobi Wine yatangiye kwivuga intsinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2021 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo utavuga rumwe na Leta ya Uganda kandi wiyamamarije kuyobora Uganda Bwana Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine yatangaje ko ari we watsinze amatora, ko abavuga ko Museveni ari we uri imbere mu majwi baba batebya.

Yabwiye abanyamakuru ati: “Ninjye watsinze amatora, natsinze umunyagitugu. Ndasaba abatuye Uganda bose guhaguruka ntibemere ibivugwa n’ababeshya ko Museveni yatsinze. Ndabamenyesha ko twatsinze bidakuka.”

Bobi Wine w’imyaka 38 y’amavuko amaze igihe ari we uhanganye na Perezida Museveni umaze imyaka 36 ategeka Uganda.

Amakuru yari yatanzwe mu binyamakuru byo muri Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15, Mutarama, 2021 yavugaga ko Museveni ari we uri imbere mu majwi.

Yerekanaga ko uwari usanzwe ayobora Uganda, Nyakubahwa Yoweli Museveni ari we urusha abandi amanota.

Yabarushaga ku manota 50,097(61,31%), agakurikirwa na Hon Robert Kyagulanyi ufite amajwi 22, 802(27.9%) nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’igihugu y’amatora.

Kugeza ubu kandi hari amajwi 153 y’impfabusa yabaruwe.

Ikindi ni uko murandasi itaragaruka muri Uganda, bityo hakaba hari amakuru abantu batarabona ku migendekere y’amatora.

TAGGED:featuredKyagulanyiMuseveniUgandaWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Abakora Muri Perezidanse Bose Bategetswe Kwambara Agapfukamunwa
Next Article Abavugwaho Kwangiza Amapiloni Bafashwe, Igihombo Bateza Leta Ni Kinini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?