Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bobi Wine Yavuye Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Yavuye Mu Bitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2024 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Robert Kyagulanyi usanzwe ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yamaze kuva mu bitaro aho yari yagiye kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kuraswa mu kaguru k’ibumoso.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo amashusho y’iraswa rye yageze kuri X, akamugaragaza ateruwe n’abasore bamusindagiza kuko gukandagiza byari byamunaniye.

Ahagana ku ivi rya ruseke hagaragara nk’aharashwe ariko uwabireba akaba yabona ko bitari bikomeye.

Kuba butari bikomeye bishobora kuba ari byo bitume adatinda mu bitaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru ava muri Uganda aremeza ko ubu Kyagulanyi yamaze gusubira iwe, akaba ameze neza.

Amashusho y’uburyo yavanywe mu bitaro ari kuri X aramwerekana asohoka mu modoka atwajwe imbago yo kwicumba yambaye umwambaro wera ugenewe abarwayi bari kwa muganga.

Bivugwa ko yarasiwe i Bulindo ahitwa Kira aho yari yagiye kubonana n’umwe mu banyamategeko b’ishyaka ayoboye witwa Musisi George.

Bobi Wine ayobora ishyaka National Unity Platform rirusha andi mashyaka atavuga rumwe na Leta umubare munini w’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda.

Afite imyaka  42 y’amavuko.

- Advertisement -

Iby’iraswa rye nta rwego rwa Leta ya Uganda ruragira icyo rubivugaho.

TAGGED:AmasasuBobiKuraswaRIBUbugenzacyahaWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza Rw’Abaregwa Gushaka Guhirika Tshisekedi Rwapfundikiwe
Next Article Abagore B’I Shyogwe Bashyiriweho Isaha Batarenza Bari Mu Kabari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?