Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Brazzaville: Amb Mutsindashyaka Yayoboye Ibyo Kwakira U Rwanda Mu Muryango Mpuzamahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Brazzaville: Amb Mutsindashyaka Yayoboye Ibyo Kwakira U Rwanda Mu Muryango Mpuzamahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2024 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 16, Gashyantare, 2024, ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe mu Kigo ASECNA gishinzwe ingendo zo mu kirere gisanzwe gikorera muri Congo Brazzaville. Ambasaderi Théoneste Murwanashyaka niwe wari uhagariye uyu muhango ku ruhande rw’u Rwanda.

Byabereye mu kigo kitwa Centre Régional pour la Navigation Aérienne (CRNA).

Byabaye nyuma y’uko u Rwanda rwemerewe kuba umunyamuryango w’ikigo gishinzwe umutekano n’ingendo zo mu kirere muri Afurika na Madagascar (Asecna), guhera muri Mutarama, 2024.

Witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za Leta ya Congo harimo Albert MASSOUEME, akaba umuyobozi mukuru w’Ibiro bya Ministiri ufite ingendo z’indege mu nshingano ze.

Hari  kandi na Sergé Florent Dzota uyobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili muri Congo Brazzaville.

Uhagarariye iki kigo muri Repubulika ya Congo, Joachim Tchissambou M’Boundou yagarutse ku mateka ya Asecna kuva igitangizwa mu mwaka wa 1959.

Asobanura ko iki kigo cyubakiye ku nkingi eshatu zirimo ubufatanye bw’ibihugu mu guhuriza hamwe ubushobozi  mu  gucunga neza ikirere cyabyo, kugira abakozi bafite ubumenyi buhagije no guhozaho mu guharanira kuba indashyikirwa binyuze mu guhanga udushya.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, Théoneste Mutsindashyaka yashimiye ubuyobozi bw’iki kigo mu gutegura iki gikorwa kuko kuba u Rwanda rwemerewe kuwujyamo ari iby’agaciro kuri rwo no ku bihugu binyamuryango muri rusange.

Tchissambou M’Boundou yavuze ko intego z’uyu muryanggo ari ukurushaho kunoza serivisi zo mu kirere.

Ni ikigo kireba iby’indege za gisivili gikorera i Brazzaville

Uyu muhango wo kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu kigo ASECNA warangijwe n’ubusabane hagati y’abatumirwa.

Amafoto@Kigali Today

TAGGED:featuredIkigoIkirereIndegeMurwanashyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shampiyona Ya Basketball: Tigers BBC Yatsinze Espoir BBC
Next Article Tour Du Rwanda Ya 16 Mu Bilometero Byayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?