Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BRD N’Ikigo AMI Mu Bikorwa Byo ‘Gufasha Business Kuramba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BRD N’Ikigo AMI Mu Bikorwa Byo ‘Gufasha Business Kuramba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2022 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko gucuruza mu buryo ubwo ari bwo bwose bigendana n’ibibazo byo guhomba, ni ngombwa ko habaho ubwishingizi kugira ngo ibihe bibi bitazatuma umucuruzi asubira ku isuka.

Icyakora hari abacuruzi bamwe bibwira ko ibigo by’ubwishingizi bihita byishyura umukiliya wabyo iyo ahuye n’icyago kikamuhombya.

Ibyo si byo kubera ko ibigo by’ubwishingizi nabyo bishyiraho ingamba z’uko bitazishyura rwiyemezamirimo wagize uburangare ibintu bye bikangirika.

Haba hagomba gukorwa ibyitwa situation assessment kugira ngo harebwe niba runaka ataragize uburangare bwatumye ibyo yakoraga byangirika.

Hari n’ababikora nkana, bagatwika cyangwa bakangiza ibintu runaka ngo birashaje bibwira ko ibigo by’ubwishingizi biri bubishyure bakagura ibishyashya.

Siko buri gihe bigenda!

Mu rwego rwo guhugura abacuruzi n’abandi bakora mu nzego zigendanye n’ubucuruzi, Banki Nyarwanda y’iterambere, BRD, ifatanyije n’ikigo kitwa the African Management Institute  batangije imikoranire mu guhugura abacuruzi uko bakwiye kwitwara birinda ko ubushabitsi bwabo bwajya mu kaga bityo bukuramba.

Ni mu rwego rwo gufasha ko ibyo bakora byaba bifite uburambe, ari ibintu birinzwe k’uburyo byazanahangana n’ibihe bibi  by’ejo hazaza.

Ba rwiyemezamirimo 32 n’abashinzwe gukurikirana uko imirimo ikorwa( senior managers) bagera kuri 27 baherutse guhabwa impamyabumenyi zemeza ko hari ubumenyi bufatika mu gucunga ubucuruzi kugira ngo buzahangane n’ibizazane bishobora kuzaza mu buryo butunguranye.

Ni muri gahunda bise ‘Survive to Thrive’.

Muri iyi gahunda, abahuguwe bigishijwe uko ibintu bitegurwa hashingiwe ku ngorane abandi bakora akazi nk’ako bahuye nabyo, bakabwirwa uko amafaranga yinjira, uko acungwa mu buryo burambye, uko abakiliya bitwara mu bihe bitandukanye n’ibindi.

Umuhango wo gutanga ziriya mpamyabumenyi hari n’abandi bayobozi mu nzego zirimo na Mastercard Foundation ari nabo batangije amasomo yo gufasha abacuruzi kuziteza imbere muri gahunda bise Hanga Ahazaza Initiative.’

Abantu bangana 94% by’abahuguwe, bavuga ko bangukiye cyane mu masomo bahawe.

Ikindi ni uko ngo 68% by’abo bashoboye guhanga indi mirimo ishamikiye kuyo bari basanzwe barashinze.

Umuyobozi w’ikigi AMI cyateguye iri gahunda witwa Malik Shaffy yashimye abahawe ariya mahugurwa, ko ababigishije batagosoreye mu rucaca.

Ati: “ Ndashima ba rwiyemezamirimo ko bize bakumva kandi bakamenya ko burya kuba rwiyemezamirimo habamo no kugenda ku magi wirinda ibyago bya hato na hato kandi n’ibibonetse bigashakirwa umuti. Ndishimira ko ubu nshoboye kwitabira umuhango wo guha impamyabumenyi abahuguwe kandi bikaba bikozwe imbonankubone kuva COVID-19 yaduka .”

Umuyobozi wa Banki Nyarwanda y’Iterambere Madamu Pitchette Kampeta Sayinzoga avuga Banki ayoboye imaze igihe ishyiraho uburyo bwafasha abaturage kwivana mu bukene no gufasha ba rwiyemezamirimo kubona ibisubizo by’ibibazo bahura nabyo.

Abayobozi basabye abahuguwe kumva ko muri isi y’iki gihe abantu bagomba guhangana ku isoko bigakorwa hakurikijwe amategeko agenda ihiganwa mu bucuruzi ariko nanone abantu ntibibagirwe guhanga udushya no gukora cyane.

TAGGED:AbacuruziBankiIterambereSayinzoga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusura Abaturage: Nyuma Ya Nyamagabe, Perezida Kagame Yakomereje i Rusizi
Next Article Abantu 900 Bishwe N’Umwuzure
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?