Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Britney Spears Yikomye Abafana Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Britney Spears Yikomye Abafana Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2023 7:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuririmbyi uri mu bamamaye kurusha abandi ku isi ukomoka muri Amerika  witwa Britney Jean Spears  yasabye abafana be kumubabarira bakamuha agahenge kubera ko hari n’abarengera bakamwoherereza ubutumwa burimo virus zishobora kwinjira muri telefoni ye bakamenya amabanga ye.

Aherutse guhamagara Polisi ngo ize imurebere niba nta bantu bari kugerageza kwinjira muri telefoni ye nyuma y’ubutumwa bwinshi aherutse koherererezwa n’abafana be, bikagera aho yumva agize impungenge.

Ikindi ni uko hari bamwe mu bafana be baherutse kumuhamagara umusubizo, bamubaza ibibazo bya cyana, abandi ndetse ntibatinye kumubipa.

Nyuma yo kubona ko bimaze gufata indi ntera, Spears yahamagaye Polisi ngo ize imufashe kugenzura ikihishe inyuma y’ako kaduruvayo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Polisi yaraje isanga mu by’ukuri nta kidasanzwe cyamubayeho.

Ku rundi ruhande, umuhanzi Britney Spears yavuze ko akunda abafana be cyane ariko ko bamubabarira ntibajye bamuhoza ku nkeke bamuhamagarira ubutitsa!

Ubutumwa bwo kubiyama, aherutse kubucisha kuri Twitter.

pic.twitter.com/EkhHrLwrgf

— Britney Spears 🌹🚀 (@britneyspears) January 26, 2023

Aherutse no guhanagura ibyo yari yanditse kuri Instagram ye ubwo yabonaga ko byatejwe sakwa sakwe.

- Advertisement -

Ni umwe mu byamamare byahuye n’ibibazo mu buzima kubera ko yigeze gushyirirwaho nyirantarengwa y’uko atagomba kwigenga mu gihe cy’imyaka 13 ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2021.

Se  niwe wari ushinzwe kumufatira ibyemezo mu cyo bise conservatorship.

Bavugaga ko afite ibibazo byo mu mutwe.

Kugira ngo ibi bivanweho byasabye ko abaharanira uburenganzira bwa muntu bahaguruka barasakuza barabyamagana, bituma Spears arushaho kwamamara.

Ibyamubayeho bisa neza n’ibikubiye mu ndirimbo ye yise ‘Overprotected’.

Muri iyi ndirimbo, avuga ukuntu umukobwa wo mu bakire yabujijwe kwinyagambura, ngo najya hanze azahahurira n’ibirara cyangwa indi mico mibi.

Yaririmbye ko umukobwa ukuze aba agomba kwigenga, agahitamo inzira imunogeye aho guhora acungirwa hafi nk’aho ari igisambo.

Se wa Britney Spears yitwa Jamie Spears.

TAGGED:AbafanafeaturedIndirimboPolisiSpearsUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Yo Muri Amerika Igiye Kunganira Polisi Mu Gukarishya Ubwenge
Next Article BK Foundation: Ikigo Giharanira Imibereho Myiza Y’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?